
Umurimbyi umwe mubaririmba indirimbo zikumbuza Abanyamulenge Imulenge, indirimbo ye nshya ivuga ibigwi by’Intwari z’imulenge. Iyindirimbo ivugamo Colonel Rukunda Makanika, iyindirimbo agiye kuyishira ahagaragara. Akaba yiteguye kuyishira hanze muminsi Ibiri irimbere.
Uyu muririmbyi Yitwa Ruganza Museveni Olivier, abenshi bamuzi kwizina rya Manzi Olivier.
Manzi Olivier, yavukiye Mumisozi miremire y’Imulenge mumuha wa Monyi, ho mu Minembwe, avuka kwa Gasinzira.
Ababyeyi ba Manzi Olivier, bimukiye i Butare ho mu Rwanda, kubera intambara zurudaca zari muri Congo Kinshasa (Zaïre). Uyu musore amashuri ye Abanza nayisumbuye yayigiye i Butare ho mu Rwanda, gusa yaje gukomereza ishuri rya Kaminuza i Bukavu ho muri Kivu y’Epfo, mugihugu cya RDC, mwishamyi rya Sciences infirmières, yiga imyaka itatu.
Avuye kwiga i Bukuvu ho muri RDC, nanone yagarutse i Butare ho mu Rwanda, abariho akomereza ubuzima bwaminsi yose.
Icyogihe cyose murubwo buzima Manzi Olivier, yanyuzemo yahoze ari umuririmbyi muri choral yitorero.
Ariko bigeze mumwaka wa 2020, nibwo yumvise umutima nishaka ryinshi kobizamuka mumutima we mugukunda gakondo ye Imulenge, atangira guhanga indirimbo zihayagiza abatabara Imulenge nigihugu muri Rusange, aha yarimo aganira numunyamakuru wa Minembwe Capital News.
Muruyu mwaka bwana Manzi Olivier, yakoze ibyo yagombaga gukora kubera ubwoko bwe Abanyamulenge barimo kwicwa muburasirazuba bwa RDC, atangira kuririmba.
Yagize ati: “Nabonyeko ndashoboye kuvuga ibibera Imulenge mumagambo cangwa munyandiko, mpitamo kubivuga nkoresheje Indirimbo.”
Ikindi bwana Manzi Olivier, yashimiye abagize uruhare ngw’Imulenge ntihabe amatongo yagize ati:
“Ndanashimira Twirwaneho, yafashe iyambere ngo Imulenge ntihabe amatongo.”
“Ndashimira Mahoro Peace, yafashije impunzi zahungaga intambara za Mai Mai Bishambuke .”
“Ndashimira Adella Kibasumba, Umuyobozi wa Mahoro Peace.”
“Ndashimira Minembwe Capital News .”
“Ndashimira Bruce Bahanda, umwe mubanyamakuru ba Minembwe Capital News .”
“Ndashimira Dr Gitwaza Paul, kuruhare runiiini mukuvura Abaturiye imisozi miremire yimulenge (High land Of Mulenge).”
“Ndashimira Abanyamulenge bose bumvako bakwiye kw’Irwano bagaca agasuzuguro, basuzuguwe na Mai Mai na Red Tabara.”
Bwana Manzi Olivier, Mundirimbo ze avuga ibigwi by’Intwari zabaye uruzitiro maze Imulenge ntihasenyuka, Murizo ntwari akunze kuririmba avuga Izina Colonel Rukunda Michel Makanika, Sematama Charles ndetse akunze no kuvuga Col Ndori Thomas.
Vuba indimbo ye iraba yagiye hanze. Muriyo ndirimbo yavuzemo ibigwi bya Mahoro Peace.




