
Israel Mbonyi, umuririmbyi w’Indirimbo Zoguhimbaza Imana yatumiwe nishirahamwe rya Team Production, kuja kuririmba mugihugu c’Ububiligi.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 24.03.2023, nasaa 5:13Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Namakuru Minembwe Capital News, dukesha itangaza makuru ryo mugihigu c’Urwanda. Umuririmbyi Mbonyi Israel, um’Unyarwanda ufite amamuko mugihugu ca Republika iharanira democrasi ya Congo (RDC), mukarere k’Imulenge ho muntara ya Kivu Yepfo, yatumiwe kuja kuririmba mugihugu c’Ububiligi akaba yatumiwe nishirahamwe rya Team Production .
Mbonyi, akaba arumuririmbyi ukunzwe cane muriki gihe ndetse aheruka nokwegukana nigikombe ca Arena BK mumujyi wa Kigali mugihugu c’Urwanda, Ikindi nuko amaze gukorera ibitaramo mubihugu bitandukanye nka Canada, Australia, Iburundi ndetse nomuri Israel.
Amakuru twabashe kwakira Kuri Minembwe Capital News, nuko Team Production yabashe kumutumira yamutumiye kubera ko ari umuhanzi uzwi Kandi ukunzwe mundirimbo Zoguhimbaza Imana.
Iyi Team Production, yatumiye Mbonyi Israel nishirahamwe ryashinzwe mumwaka wa 1999, rishingwa nab’Anyafrica batuye muriki gihugu c’Ububiligi basanzwe batumira ab’Aririmbyi nyafrica muburyo bwogususurutsa abantu ndetse nokugira ngo bamenyekanishe abahanzi bakomoka kumugabane wa Africa abatumirwa, harimo abakomoka mugihugu c’Urwanda ndetse nahandi muri Africa.
Iki gitaramo byatangajwe ko kizatangira Tariki 11.06.2023, nasaa 3:00 zigicamunsi kumasaha y’Ibruxelles Mububiligi naho imiryango ya Birmingham, izafungurwa guhera Saa Saba zamanwa.
Kubagura amatike azatangira kugurishwa mucumweru gitaha. Abazagurira Online bazishura 30€ naho abazagurira kumuryango wokwinjira bazabasaba 40€, abari munsi yimyaka 18 bazagura tike kuri 15€.




