Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuriro w’imbunda z’amadubu watumye abakorera mu kwaha kwa Leta bagira ihahamuka!

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 2, 2025
in Regional Politics
0
Umuriro w’imbunda z’amadubu watumye abakorera mu kwaha kwa Leta bagira ihahamuka!
150
SHARES
3.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuriro w’imbunda z’amadubu watumye abakorera mu kwaha kwa Leta bagira ihahamuka!

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amakuru akomeje gushyirwa hanze n’abakorera ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, agaragaza ko imijyi irimo uwa Uvira yaba igiye kugwa mu maboko y’abarwanyi ba m23 na Twirwaneho iyo Abanyamulenge basigaye bita “Amadubu.”

I jambo ‘Amadubu’ ryakoreshejwe bwa mbere na Gen Rukunda Michel wari umuyobozi mukuru wa Twirwaneho akaba aheruka kwitaba Imana. Iri jambo ubwo yarivugaga yagaragaje ko bagiye kuzatera umwanzi uhora ubazonga, kandi ko bazamutera bameze nk’amadubu, aho yagize ati: “Umwanzi hari ubwo tuzamutera tumeze nk’Amadubu.” Kuva ubwo Abanyamulenge bahise batangira kwita Twirwaneho iryo zina.

Iyi nkuru ivuga ku ihahamuka ry’abakorera mu kwaha ku butegetsi bw’i Kinshasa, ikubiye mu ibaruwa ndende yagiye hanze, igaragaza ko yatanzwe n’abo muri Wazalendo, aho yerekana ko imijyi irimo uwa Uvira, Makobola na kwa Nundu bigiye kugwa mu maboko ya m23 na Twirwaneho.

Ni ibaruwa yatangiye gucicibikana ku mbugankoranyambaga kuva mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatatu tariki ya 02/04/2025.

Ikaba irimo amakuru avuga ko abarwanyi bo mu mutwe wa m23 n’uwa Twirwaneho bafashe imisozi ya chaine de Mitumba, muri urwo rwego, ngo bashaka kugaba ibitero i Uvira no muri iyo mijyi mito iri muri teritware ya Fizi.

Nk’uko iyo baruwa ibisobanuro ivuga ko aba barwanyi bazatera baturutse mu bice byo kwa Rumamfura, Tahiro, Kirumba, Nyakirango, Kahuna, ngo bakazamanuka mu Gikozi, Kirwa no muri Gafinda bagafata umujyi wa Uvira.

Abandi nanone ngo bakazafata iriya mijyi mito iri muri teritware ya Fizi banyuze mu Gihamba ni Nyawaranga.

Iyi baruwa rero, igasaba ubuyobozi bw’ ihuriro ry’ingabo za Congo kongera abasirikare i Uvira, kwa Mbogo no kwa Nundu kugira ngo bitazafatwa na m23 na Twirwaneho.

Ariko nyamara nubwo iyo baruwa igaragaza ko ibyo bice byavuzwe haruguru ko ari byo m23 na Twirwaneho bizaturukamo bagaba ibitero muri iriya mijyi, ariko siko kuri, kuko ibyo bice biherereye muri grupema ya Bijombo, ikigenzurwa n’ingabo z’u Burundi n’iza Congo.

Twirwaneho yo igenzura ibice byo mu Cyohagati, Mikenke na Minembwe.

Usibye ko kandi iri hahamuka ryagaragaye no ku ngabo za FARDC ziherereye mu Bibogobogo, ni mu gihe zahunze ziva muri iki gice zihungira i Baraka nyuma y’aho imirwano hagati ya Twirwanaho na Wazalendo yarimo ibera kwa Mulima no mu Rusuku mu birometero bike uvuye aha mu Bibogobogo.

Gusa aha mu Bibogobogo haracyari abasirikare bake bayobowe na Colonel Ntagawa Rubaba, naho ababarirwa mu magana bayobowe na Colonel Karateka bayabangiye ingata bahungira mu bice by’umushasha.

Tags: AmadubuimbundaTwirwanehoumuriro
Share60Tweet38Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post

Hamenyekanye umunsi RDC na m23 bizahurira mu biganiro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?