Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuryango wa SADC ubarizwamo na RDC, hamenyekanye ibyo uteganya gukora vuba.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 2, 2024
in Regional Politics
0
Umuryango wa SADC ubarizwamo na RDC, hamenyekanye ibyo uteganya gukora vuba.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuryango wa SADC ubarizwamo na RDC, hamenyekanye ibyo uteganya gukora vuba.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ni SADC(umuryango w’iterambere rya Afrika y’Amajyepfo) yatangaje ko igiye gukora inama ya karere igamije kuzamura ubukungu bwo muri uyu muryango.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ry’uwo muryango washize hanze, rivuga ko iyo nama izitabirwa n’ab’aminisitiri bashinzwe minisiteri z’imari n’ishoramari zo mu bihugu bigize uyu muryango, kandi ko iyo nama izaba muri uku kwezi dutangiye uy’umwaka w’ 2024.

Iyi nama ifatwa nk’aho idasanzwe muri uy’umuryango, ikazaba igamije gusuzuma intambwe imaze guterwa mu guteza imbere iterambere no guhuza amasoko y’imari mu karere uy’umuryango ubarizwamo, ndetse
kandi ngo hakazasuzumwa intambwe imaze guterwa ku ngamba zagiye zifatwa mbere ku byerekeye ubukungu n’ibindi.

Gahunda y’iyi nama kandi, ngwikazaba ikubiyemo ibiganiro byimbitse ku ngingo zinyuranye harimo no kurebera hamwe ku ngabo z’uyu muryango ziri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho ziri mu rwego rwo gufasha ingabo za RDC mu rugamba zihanganyemo n’umutwe wa M23.

Bikaba biteganyijwe ko minisitiri w’ubukungu n’igenamigambi muri Repubulika ya Angola, Victor Guilherme kwariwe uzayobora komite y’abaminisitiri b’imari, naho Lesetja Kyanyago, Guverineri wa Banki nkuru y’imari yo mu gihugu cy’Afrika y’Epfo, akazafatanya nawe kuyobora iyi komite izaba igamije gusuzuma ibyagezweho. Nanone kandi bakazafatanya na madamu Angèle Makombo N’tumba, umunyabanga nshingwabikorwa w’ungirije wa SADC ushinzwe ukwishyira hamwe mu karere.

Ahanini ngo ibi biganiro bikazibanda cyane ku mikorere yikigega cy’iterambere rya karere ka SADC, n’uburyo bukwiye gushyigikira iterambere ry’ubukungu n’iterambere rirambye mu nzego zitandukanye, byongeye kandi, gusuzuma mu buryo bunonosoye raporo y’iterambere ry’ikigega cya SADC, n’uburyo buzafasha gutegura imishinga mu nzego z’ingufu, ubwikorezi hagamijwe kuzamura ubukungu no gutanga servise z’ingenzi mu karere ka SADC.

            MCN.
Tags: Gukora vubaIbyo SADCIteganya
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Rimwe mu matorero yo mu Rwanda ryari rifashwe nk’irikomeye, ryafunzwe, hamenyekana n’impamvu yabyo.

Rimwe mu matorero yo mu Rwanda ryari rifashwe nk'irikomeye, ryafunzwe, hamenyekana n'impamvu yabyo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?