Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuryango wa SADC wongeye kugira ibindi wemeranyaho birimo n’intambara ibera muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 18, 2024
in Regional Politics
0
Umuryango wa SADC wongeye kugira ibindi wemeranyaho birimo n’intambara ibera muri RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuryango wa SADC wongeye kugira ibindi wemeranyaho birimo n’intambara ibera muri RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni mu nama igira iya 44 y’uyu muryango w’iterambere ry’ibihugu byo muri Afrika y’Amajyepfo, yeteranye ku munsi w’ejo tariki ya 17/08/2024, iteranira i Harare mu gihugu cya Zimbabwe, muri iyi nama yigiwemo ko uyu muryango ugomba gukomeza gushigikira RDC mu mirwano ihanganyemo n’umutwe wa M23.

Umuryango wa SADC usanzwe warohereje ingabo zayo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho zageze muri ibyo bice ahagana mu mpera z’u mwaka ushize.

Izi ngabo zirimo iza vuye mu gihugu cya Afrika y’Epfo, Malawi na Tanzania. Muri iki gihugu cya RDC, ziriyo mu rwego rw’ubutumwa bwo gufasha igisirikare cyayo ku rwanya umutwe wa M23.

Gusa nk’uko byagiye bitangazwa n’ibitangaza makuru byinshi, nuko izi ngabo nta kintu zigeze zihindura mu butumwa zirimo mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya RDC, kuko M23 igikomeje gufata ibindi bice, aho no muri iki cyumweru turimo yambuye ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa ribarizwamo na SADC ibice byinshi byo muri Grupema ya Binza.

Mu itangazo uyu muryango wa SADC washize hanze, nyuma y’uko barangije iyi nama igira iya 44, rivuga ko uyu muryango uzakomeza gushyigikira leta ya Kinshasa mu ntambara irimo, kandi ko iza yishyigikira mu buryo bwa gisirikare, muri dipolomasi ndetse no muri politiki.

Sibyo byonyine byavugiwe muri iyi nama kuko na perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa ari nawe wakiriye iyi nama yashimiye uyu muryango wa mubaye hafi mu gihe amahanga yotsaga igitutu uyu muryango wa SADC kugira ngo uhe akato iki gihugu cye.

Mnangagwa yavuze ko mu myaka irenga 20 ishize, ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi byafatiye iki gihugu ibihano by’u bukungu, binashyiraho igitutu ku bihugu bigize umuryango wa SADC ngo bitererane igihugu cye ariko bikomera ku masezerano y’umuryango.

Yagize ati: “Nejejwe no kubashimira by’umwihariko mwese ku myaka myinshi y’ubufatanye, inkunga n’umubano ntamakemwa mwagiranye n’igihugu cya Zambabwe. Ibi byaturutse ku bihano bidafite ishingiro byafatiwe igihugu cyacu cya Zimbabwe.”

Yakomeje agira ati: “Tuzi neza ko hari igitutu mu buryo butandakanye mwagiye mushyirwaho ngo mudutere umugongo ariko mwakomeje kuba indahemuka nko mu bihe by’intambara z’ubwigenge bwacu aho igikomere cy’ubumwe cyari nk’icya bose.”

SADC yashinzwe mu 1992, kuri ubu igizwe n’ibihugu 16.

Uyu muryango wagiye uba hafi ya Zimbabwe mu bihe bikomeye cyane cyane ubwo ubutegetsi bwa Robert Mugabe wahoze ayiyoboye, bwafatirwaga ibihano n’amahanga buzira kwambura ubutaka abazungu.

Muri iyi nama kandi habaye guhindura ubuyobozi bwa SADC, aho perezida Mnangagwa yasimbuye bwana João Lourenço wa Angola ku mwanya w’umuyobozi w’umuryango. Nyuma Mnangagwa yashimye kandi ahamya ko azaharanira gushyira mu bikorwa imishinga n’ubufatanye bw’ibihugu bigize SADC.

              MCN.
Tags: Mnangagwa EmmersonRdcSADC
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Igitero cy’ingabo za Israel mu Ntara ya Gaza, cyahitanye abantu benshi kandi bo mu muryango umwe.

Igitero cy'ingabo za Israel mu Ntara ya Gaza, cyahitanye abantu benshi kandi bo mu muryango umwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?