Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuryango w’Abibumbye wagaragaje impungenge ufitiye abaturage bo mu Burasirazuba bwa RDC, nyuma y’uko umutekano waho ukomeje kuzamba .

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 22, 2024
in Regional Politics
0
Umuryango w’Abibumbye wagaragaje impungenge ufitiye abaturage bo mu Burasirazuba bwa RDC, nyuma y’uko umutekano waho ukomeje kuzamba .
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuryango w’Abibumbye utewe impungenge n’umutekano w’abaturage ukomeje kuzamba mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, nyuma y’uko Monusco izaba yamaze kuva muri icyo gihugu.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni byatangajwe n’umuyobozi mu ishami riharanira uburenganzira bwa muntu mu muryango w’Abibumbye (ONI), Volker Türk, yagaragaje ko ibibera muri Repubulika ya demokarasi ya Congo biteye impungenge, ndetse avuga ko mu gihe MONUSCO izaba yamaze kuva mu Burasirazuba bw’igihugu cya RDC abaturage bashobora kuzagerwaho n’ingaruka mbi, kubera umutekano avuga ko ukomeje kuzamba.

Yagize ati: “Mfite impungenge z’abaturage baturiye u Burasirazuba bwa RDC, mu gihe MONUSCO yohava vuba, abaturage bohura n’akaga.”

Uyu muyobozi yageze i Goma mu Cyumweru gishize, tariki ya 18/04/2024, aho yari yaje gusura abakuwe mu byabo bakaba bacyumbikiwe mu makambi z’impunzi zitandukanye mu bice byo muri Goma, no mu nkengero zayo ndetse n’ahandi.

Nyuma yo gusura impunzi yerekej i Kinshasa ku murwa mukuru w’i Gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo aho yagiranye umubonano na perezida Félix Tshisekedi, aza no ku mugaragariza impungenge afitiye abaturage baturiye i Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ati: “Abategetsi ba Congo n’umuryango mpuzamahanga bagomba gukomeza gufatanya mu rwego rwo kwirinda ko uburinzi bw’abaturage bugaragaramo icyuho.”

Türk yanavuze ko mu Burasirazuba bw’igihugu cya RDC burimo gukorerwamo urugomo rubi.

Ati: “Mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, imitwe y’itwaje imbunda irimo kwica, abaturage, gutera iterabwoba mu baturage, kwica ndetse no gushimuta abenegihugu.”

Yanashimangiye ko kwicwa bitaba ku baturage gusa, kwahubwo n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bakomeje kwibasirwa n’imitwe y’itwaje intwaro, bityo bakicwa cyangwa bagakorerwa iyicarubozo.

Sibyo byonyine, yanavuze ko umubare wabavanwe mubyabo nawo wiyongera umunsi ku wundi, aho yavuze ko ubu abamaze kuvanwa mu byabo bari ku mubare w’abantu miliyoni 2.7.

Avuga kandi ko mu Ntara ya Ituri, imitwe y’itwaje imbunda irimo ADF na CODECO bongeye kurushaho kugaba ibitero mu baturage, bituma abaturage bongera guhura na kaga gakomeye, ndetse n’abasivile bongera gupfa cyane.

Uyu muyobozi yanaburiye ubutegetsi bwa Kinshasa ko FDLR na Wazalendo bari gukora ihohotera rikabije, bica abasivile, bafata ku ngufu. Kuri ubwo akaba yarasabye ko FDLR na Wazalendo bakumirwa.

Inkambi uyu muyobozi yabashe gusura harimo iya Bulengo, inkambi ziri Ituri na Bunia.

Yavuze ko mu byifuzo impunzi zimpande zose zamusabye kubaha ubufasha ndetse no kuziba hafi kugira ngo babone amahoro n’umutekano.

Ati: “Abahunze twabashye kuganira, icyo bifuza ni ugufashwa no kubashigikira kugira basubizwe mu byabo.”

Türk yanavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa bugomba kuzirikana bakarwanya ruswa.

Ati: “Icyakora haracyari byinshi byo gukora, leta ikwiye kurwanya ruswa kandi cyane mu bigo bya leta.”

Ibyo yabivuze mu gihe ingabo z’u muryango w’Abibumbye, MONUSCO, zatangiye kuva ku butaka bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo aho hamaze gutaha abasirikare bo mu gihugu cy’u Bushinwa ndetse n’abo muri Pakistan.

Ingabo za MONUSCO zimaze imyaka irenga 20 ziri mu butumwa bwa mahoro muri icyo gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ubwo zageze kuri ubwo butaka zashizwe ahanini mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Epfo ndetse na Ituri.

Gusa, kuba kwa MONUSCO ku butaka bwa RDC ntacyo byigeze bihundura kuko intambara muri icyo gihugu zirakomeje kandi n’abaturage bapfa uko bwije n’uko bukeye.

Ni kenshi abaturage ba Goma bagiye bakora imyigaragambyo isaba ko Monusco yavanwa mu gihugu cyabo, bakayishinja kutagira umusaruro itanga.

Na leta ya Kinshasa ubwayo yigeze gushinja MONUSCO gufasha imitwe ihungabanya umutekano w’abaturage mu Burasirazuba bwa RDC, muri icyo gihe bayisaba ku bavira mu gihugu cyabo.

             MCN.
Tags: impungengeMonuscoUfitiye abaturage bo mu Burasirazuba bwa RDCUmuryango w'Abibumbye
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Havuzwe ibindi by’imbitse ku gisasu Israel iheruka ku kurasa mu gihugu cya Iran.

Havuzwe ibindi by'imbitse ku gisasu Israel iheruka ku kurasa mu gihugu cya Iran.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?