• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, March 8, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umushumba w’itorero wo mu misozi y’i Mulenge yagaragaje impamvu y’imyigaragambyo yo kwamagana ingabo z’u Burundi mu Minembwe

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 5, 2025
in Regional Politics
0
Umushumba w’itorero wo mu misozi y’i Mulenge yagaragaje impamvu y’imyigaragambyo yo kwamagana ingabo z’u Burundi mu Minembwe
72
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umushumba w’itorero wo mu misozi y’i Mulenge yagaragaje impamvu y’imyigaragambyo yo kwamagana ingabo z’u Burundi mu Minembwe

You might also like

Perezida Museveni Yashyikirijwe Inkoni y’Ubuyobozi bwa EAC

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

Umukozi w’Imana wo mu misozi y’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo, utifuje ko amazina ye atangazwa ku mpamvu z’umutekano, yatanze ibitekerezo ku myigaragambyo yabaye ku wa kabiri, tariki ya 4 z’ukwezi kwa cumi numwe 2025, aho abaturage bo mu bice bitandukanye bya Minembwe basohotse mu mihana yabo bamagana ingabo z’u Burundi bashinja kubabuza uburenganzira bwo kurema amasoko no kubona ibiribwa n’ibikoresho by’ibanze.

Uyu mushumba yavuze ko imyigaragambyo yakozwe mu buryo bw’amahoro, ishingiye ku burenganzira bwa buri muturage nk’uko bugaragara mu Itegeko Nshinga rya Repubulika ya demokarasi ya Congo, no ku mahame mpuzamahanga yemeza ko umuntu afite uburenganzira bwo kugaragaza ibitagenda neza, kubona ibyo akeneye mu mibereho ye n’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo.

Yagize ati: “Nubwo igihugu cyacu giherutse kugarura igihano cy’urupfu, ntabwo bigomba kuba impamvu yo guhana imbaga y’abaturage b’abasivili b’i Minembwe ngo ni uko bavuga akarengane. Leta ntiyagakwiye kwifashisha ingabo z’amahanga n’imitwe yitwaje intwaro kugira ngo ihutaze uburenganzira bw’abaturage bayo.”

Uyu mukozi w’Imana yavuze ko ingabo z’u Burundi zifashijwe na FARDC, FDLR na Wazalendo zimaze igihe zifungiye abaturage inzira zerekeza ku masoko, zibima ibiribwa, amavuta, umunyu, isukari, n’andi masoko y’ibanze, ibintu yise “ibihano ndengakamere”.

Yongeyeho ko iyo myitwarire ari yo yahagurukije sosiyete sivile yo muri Minembwe, itegura imyigaragambyo yo kwamagana ibyo bikorwa, no kugeza ijwi ryabo ku rwego mpuzamahanga.

Iyi myigaragambyo yitabiriwe n’abaturage b’amoko atandukanye barimo Abanyamulenge, Abashi, Ababembe, Abanyindu, Abapfulelo ndetse n’Abarundi baba mu Minembwe, bose bagaragarije Isi ko bifuza amahoro, uburenganzira, n’ubuzima buboneye.

Bakoze urugendo rw’amahoro rutangirira ku biro bya teritware ya Minembwe, banyura kuri centre de santé ya paroisse Mater Dei, bazenguruka agace ka centre ya Minembwe bongera gusubira ku biro bya teritware, nta mvururu cyangwa ihohotera ryabayeho.

Yashoje avuga ko iyo myigaragambyo itari igamije gutesha agaciro igihugu cyangwa guhangana n’undi muntu uwo ari we wese, ahubwo yari uburyo bwo gusaba ko Leta yongera gutekereza ku cyemezo cyo gushyira ingabo z’amahanga mu nkengero za Minembwe, kandi ko abaturage b’ako karere bafite uburenganzira nk’abandi baturage bose ba Congo.

Tags: ImyigaragambyoIngabo z'u BurundiMinembwe
Share29Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Perezida Museveni Yashyikirijwe Inkoni y’Ubuyobozi bwa EAC

by Bahanda Bruce
March 7, 2026
0
Perezida Museveni Yashyikirijwe Inkoni y’Ubuyobozi bwa EAC

Perezida Museveni Yashyikirijwe Inkoni y’Ubuyobozi bwa EAC Mu nama ya 25 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, East African Community (EAC), yabereye mu Mujyi wa Arusha muri...

Read moreDetails

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

by Bahanda Bruce
March 7, 2026
0
Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda rwifuza amahoro arambye mu...

Read moreDetails

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

by Bahanda Bruce
March 6, 2026
0
Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze Mu gihe ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari bikomeje...

Read moreDetails

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Trump akomeje kunengwa ku myitwarire ye mu gihe Leta yari yahagaritse imirimo

Perezida Trump akomeje kunengwa ku myitwarire ye mu gihe Leta yari yahagaritse imirimo

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?