Umusirikare wa FARDC yemeje igihombo gikomeye mu mirwano yo mu Rwitsankuku
Umwe mu basirikare ba Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) yagaragaje ko umutwe wa Twirwaneho wabateje igihombo gikomeye mu gitero cyabereye mu Rwitsankuku ku wa Kane, tariki ya 6/11/ 2025.
Mu butumwa bw’amajwi bukomeje guhererekanywa ku mbuga nkoranyambaga, uwo musirikare – utatangajwe amazina ku mpamvu z’umutekano – yavuze ko ibyo babonye muri iyo mirwano byarenze urugero. Yagize ati: “Ntacyo twovuga, kandi tugomba kuvuga bike kuko no mu ngabo za RDC harimo abanzi bashobora gutanga aya makuru.”
Yunzemo ati: “Mu Rwitsankuku twaratakaje, ku buryo n’uwarokotse ari ku buntu bw’Imana gusa. Twambuwe intwaro nini kandi zikomeye. Twirwaneho ni yo yazitwambuye. Twapfushije abasirikare benshi.”
Uyu musirikare yanavuze ko n’ingabo z’u Burundi bari bafatanyije zirwana ku ruhande rwa FARDC na zo zahahuriye n’igihombo gikomeye. Yagize ati: “N’abasirikare b’u Burundi barapfushije cyane, kandi bambuwe ibikoresho bya gisirikare byinshi, harimo n’iby’ikoranabuhanga.”
Iyi mirwano yabereye mu misozi y’i Mulenge, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho umutwe wa Twirwaneho wigambye kwirukana ingabo za FARDC, iz’u Burundi, ndetse n’imitwe ya FDLR na Wazalendo mu bice birimo Rwitsankuku, Bicumbi na Marunde.
Ubu ibyo birindiro byose bivugwa ko biri mu maboko ya Twirwaneho, kandi uwo mutwe uhamya ko uruhande rwa Leta rwashegeshwe bikomeye, rwamburwa intwaro nyinshi, ibikoresho bya gisirikare n’amasasu, ndetse rutakaza n’ingabo nyinshi.
Nta tangazo rihamye rirajya hanze rivuye ku nzego za gisirikare za RDC cyangwa iz’u Burundi ku bijyanye n’ibi byavuzwe n’uyu musirikare. Ariko aya makuru arushaho kongera impungenge ku mutekano wo mu Burasirazuba bwa Congo, ukomeje kuzamo ihurizo rikomeye.






