
Muri Djugu ho muntara ya Ituri amashuri agera kuri 59 ntarafungura uyumwaka wa 2023.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 28.03.2023, nasaa 5:05PM kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Uhagarariye amashuri yisumbuye nabanza muntara ya Ituri J. Jacques Masumbuko, yabwiye Itangaza Makuru ko mukarere ka Djugu ibigo byamashuri bigera kuri 59 ko bitigeze bifungura kuva mukwezi Kwambere uyumwaka wa 2023.
Yagize ati: “Ibigo byamashuri abanza nayisumbuye muri Djugu, kubera umutekano muke uharangwa aya mashuri ntarafungura uyumwaka.”
J. Jaques, yamenyesheje ko kandi ko uyu mutekano muke ahanini utegwa namitwe yitwaje intwaro murutu duce avuga ko iyimitwe ari CODECO, ADF NARU nindi mitwe yiki Mai Mai.
Akomeza avuga ko “Kubera izo nyeshamba byatumye abana barenga ibihumbi icumi numunani batakirebwa nibijanye nishure.”
Ibi bihuriranye nibyo Umunyamabanga w’umuryango wabibumbye Antonio Gouterres, yatangaje avuga ko L’Oni irajwe inshinga numutekano muke ukomeje kuba mubi muburasirazuba bwa Republika iharanira democrasi ya Congo.
Aho nimpuguke za L’ONI zasohoye ic’egeranyo kivuga ko guhera mumpera zumwaka ushize kugeza uyumunsi mukarere ka Djugu kabarizwa muntara ya Ituri hamaze kwicwa abantu 700 bavuga ko havugwa inyeshamba zo mumutwe wa CODECO na ADF NARU, ko arizo nyiribayazana wubwo bwicanyi bwibasira abasivile muribyo bice.




