Umutekano Urimo Kujegajega i Uvira, Abasirikare Bakuru ba FARDC Berekeje iy’ubuhungiro
Umwuka w’impungenge n’akaduruvayo ukomeje kwiyongera mu mujyi wa Uvira, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’uko abasirikare bakuru b’ingabo za FARDC baburiwe irengero, abandi bake bakekwaho guhungira mu gihugu cy’u Burundi.
Ibi bibaye mu gihe ihuriro rya AFC/M23 rimaze kwegukana uduce dutandukanye muri teritwari za Uvira na Walungu, rikaba rigeze mu ntera itarengeje kilometero 20 uvuye mu mujyi wa Uvira. Biravugwa ko mu gihe iyo coalition yaba ifashe icyemezo cyo gukomeza imbere, ishobora kugera mu mujyi wa Uvira mu masaha cyangwa iminsi micye iri imbere.
Amakuru aturuka ku bahatuye agaragaza ubwoba bukabije mu baturage, bamwe batangiye guhungira mu misozi abandi berekeza ku mupaka wa Bujumbura. Hari kandi n’ivugwa ry’abasirikare ba FARDC bataye ibirindiro, abandi bataramenyekana baburirwa irengero nyuma yo gutsindwa mu mirwano yabereye mu nkengero za Uvira.
Iyi situation ikomeje kugorana gusobanukirwa neza kubera kubura amakuru yizewe ku ruhande rwa Leta, ndetse n’ihindagurika ry’isura y’imirwano.
Icyakora, impuguke mu bya politiki n’umutekano mu karere baravuga ko AFC/M23 ikomeje kugaragaza ubushobozi bwo kwigarurira ibice bifite strateji yihariye, ndetse bikaba bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano w’akarere kose k’ibiyaga bigari.
Birasaba umuryango mpuzamahanga gukurikirana hafi ibi bikorwa no gushishikariza impande zose kugaruka ku meza y’ibiganiro, mu rwego rwo kurinda ubuzima bw’abaturage basanzwe bakomeje kubigwamo.






