Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umutwe wa M23 ugize igihe warahabuye ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi, wavuzwe mu marembo ya Kivu y’Amajy’epfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 16, 2024
in Regional Politics
0
Umutwe wa M23 ugize igihe warahabuye ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi, wavuzwe mu marembo ya Kivu y’Amajy’epfo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umutwe wa M23 ugize igihe warahabuye ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi, wavuzwe mu marembo ya Kivu y’Amajy’epfo.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni bikubiye mu butumwa bwatanzwe n’umuryango utegamiye kuri leta ya Kinshasa, ukaba ukorera mu Ntara ya Kivu y’Epfo, busaba ingabo za FARDC na Wazalendo gukoresha imbaraga zose zifite zikavana M23 mu bice byinshi byo muri Kivu y’Amajy’epfo, ibyo uyu muryango uvuga ko uwo mutwe wabigezemo.

Ubu butumwa uyu muryango washize hanze, buvuga ko wabuhawe n’abaturage, aho ngo abo baturage bavuga ko M23 iri mu bice byinshi byo muri teritware ya Kalehe, ndetse kandi ngo ikaba ishaka kugira ibindi bice ifata byo muri teritware ya Uvira n’ahandi.

Ubu butumwa bwa Sosiyete sivile yo muri Kivu y’Amajy’epfo, bukomeza buvuga ko, nka hitwa Numbi, Lumbishi na Minova, hamaze kugaragara abarwanyi benshi bo muri uwo mutwe wa M23.

Kandi ko ibi bikomeza gutera ubwoba abaturiye teritware ya Fizi, Uvira, Mwenga, Walungu n’ahandi ko aba barwanyi bashobora kuhigarurira vuba.

Bityo ngo bikagaragaza ko intambara igeze mu marembo ya Kivu y’Amajy’epfo.

Ubu butumwa bugira buti: “Guverinoma yacu igomba gushyira imbere kurengera ubusugire bw’igihugu cyacu. Inzego za leta zishinzwe umutekano, zikwiye kuba maso no kumenya inzira umwanzi akoresha, kuko ibi biteye inkeke, kubera ko abanzi bacu bashaka gukoresha ya nzira bakoresheje mu 1996.”

Ubutumwa bwa Sosiyete sivile bunasaba abaturage kujya baha mbere yigihe amakuru inzego zishinzwe umutekano mu rwego rwo kugira ngo bifashye igisirikare cy’igihugu na Wazalendo ku menya uko kibyitwaramo.

Kimweho ubu butumwa bunavuga kandi ko Sosiyete sivile yamenye amakuru ko hari amakuru akunze gutangwa na Wazalendo yo guhabura abaturage; muri ayo makuru ngo hari avuga ko M23 yaba yarageze muri Fizi na Uvira. Sosiyete sivile ikaba ikangurira abantu ko bagomba kuza bashishoza kubyo baba bagiye kuvuga.

Ati: “Nti twirengangiza ko hari ibinyoma bitangwa na Wazalendo, bivuga ko M23 yaba yarageze muri Fizi na Uvira, ibyo sibyo, abantu birinde! kandi habe gushishoza kubyo tubwira bagenzi bacu.”

Ikindi n’uko Sosiyete sivile ivuga ko igihe kigeze ngo abaturage barushyeho gushigikira igisirikare cy’igihugu cyabo, kugira ngo kigire imbaraga zo guhangana n’umwanzi w’iki gihugu.

Ibi ntacyo ubuyobozi bw’uyu mutwe wa M23 urabivugaho, usibye ko uyu mutwe wa M23 umaze kugira ibice byo muri teritware ya Kalehe wambuye ingabo zi rwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa.

Ibyo bice ibyinshi biherereye mu misozi yo muri yi teritware ya Kalehe, harimo kandi ko unagenzura ibice biri mu nkengero za centre ya Minova, ahanini bihana imbibi na teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

            MCN.
Tags: FiziKaleheKivu yamajy'EpfoM23Mu maremboSosiyete sivileUvira
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Umushumba mukuru w’idini rya Katolika ku Isi, Papa Francis yagaragaje ko ababajwe n’u mutekano muke uri muri RDC.

Umushumba mukuru w'idini rya Katolika ku Isi, Papa Francis yagaragaje ko ababajwe n'u mutekano muke uri muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?