
Ubuyobozi bwumutwe wa M23 burashinja ingabo bahaye izina ko arizisha ‘arico Gisirikare ca Repubulika iharanira demukarasi ya Congo zigizwe na FARDC, abacancuro, FDLR, Nyatura, APCLS, PARECO, CODECO na Mai Mai kujya mu bice M23 iherutse kurekura.
Aya namakuru Minembwe Capital News, ikesha bamwe mubarwanyi ba M23. Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 17.03.2023 kwisaha ya 22:58Pm kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Umutwe wa M23 wamaze kwemeza ko warekuye ibi bice aribyo: Karuba, Muremure, Nyamitima, Nkingo, Shasha, Kagano, Kihuli Malehe, Kingi, Mweso, Katolo, Kibingo, Kashalira, Kibirizi, Katanda, Kilima, Mayi ya Moto, Neenero, Matanda, Rubaya, Bihambwe, Nyakajanga, Ishasha ndetse na Nyamilima.
Umutwe kandi wa M23 uravuga ko izi ngabo nshya za Republika iharanira democrasi ya Congo( Ihuriro ry’ingabo harimo Fardc, FDLR Maimai Nyatura na Bacancuro), kobishe umuganga kuma tariki ya 14.03.2023, ubwo bari ba maze gufata Paroisse ya Matanda. Aha, kimwe n’ahandi havugwa haruguru hose ni muri teritwari ya Masisi, intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Kumatariki ya 14.03.2023, umutwe wa M23, ubuyobozi bw’ingabo ziri mu mutwe w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EACRF) ndetse n’abahagarariye izindi nzego zegamiye ku karere, bagiranye inama y’uburyo aho yagenzuraga yaharekura, izi ngabo zikaba ari zo zihagenzura.
Mu itangazo Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, yashyize hanze kuri uyu wa 17, yashimye ko ingabo za EACRF zatangiye kugenzura Karuba, Mushaki na Kilolirwe, usaba ko hoherezwa izindi no mu bindi bice bituwe cyane birimo Mweso, Kibirizi no mu nkengero kugira ngo zibarindire umutekano kuko ngo hari abafite ubwoba bwo gutsembwa.
M23 ivuga ko mu gihe yemeye kurekura ibice yari yarafashe, yiteguye kwirwanaho mu gihe yaterwa, kandi ngo izakoresha imbaraga zose ifite mu kurinda umutekano w’abatuye mu bice ikigenzura ndetse n’imitungo yabo.




