Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umutwe Wa M23, Watanze Igisubizo Kubavuga Ko Bashaka Gufata Umujyi Wa Goma.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 31, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Major Willy Ngoma, Umuvugizi wa M23 mubyagisirikare, yatanze igisubizo kubagize igihe bavuga ko M23 yaba yitegura gufata umujyi Goma.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 31.05.2023, saa 7:05pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Umutwe wa M23, urwanira muburasirazuba bw’a Repiblika ya Demokarasi ya Congo, wahakanye amakuru avuga ko waba uri mu myiteguro yo kuba wa kwigarurira umujyi wa Goma, uvuga ko leta ya Congo ifatanyije na FDLR ari bo bari mu myiteguro yogukomeza Intambara muriki gihugu cya RDC.

Muminsi ibarigwa Kuntoki nibwo umuvugizi uheruka gushigwaho wa gateganyo wa leta ya Kinshasa, Augustin Kibassa, ubwo yari mu nama y’Abaminisitiri yabereye i Kinshasa, yavuze ko M23 imaze iminsi yongera Ingabo mu birindiro byayo, mu rwego rwo gutegura kwigarurira umujyi wa Goma.

Yagize ati: “Umutekano muburasirazuba bwa RDC uhagaze muburyo butaribwiza nimugihe abarwanyi ba M23 bakomeje kongera Ingabo mu birindiro barimo, mu rwego rwo guteganya kugaba ibitero nk’uko amakuru dufite avuga ko bategura kwigarurira Umujyi wa Goma.”

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo, Général Major Sylivain Ekenge; mu itangazo yasohoye ku wa Kabiri tariki ya 30.05.2023.

Uyu musirikare yagize ati: “Turimo kubona ingendo za M23 hamwe n’abo binjije bashya bashoje amahugurwa mu Rwanda n’i Canzu ngo bongere bisubize aho bahoze bafite i Kibumba na Rugali ahagenzurwa ubundi n’ingabo za EAC. Intego y’ibyo bikorwa ni ugutera umujyi wa Goma no kongera akaga kari ku bantu n’umutekano mucye.”

M23 biciye muri Major Willy Ngoma uyivugira mu bya gisirikare, ivuga ko ibivugwa na Leta ya Congo ari ibinyoma; ikagaragaza ko Kinshasa ari yo imaze igihe mu myiteguro y’intambara.

Willy Ngoma yanditse kuri Twitter ye ko “Bitandukanye n’amagambo adakwiriye ndetse agoretse ya Guverinoma igamije gusa kuyobya rubanda, M23 nta ntambara irimo yitegura ahubwo iritegura ibiganiro.”

“Guverinoma n’inshuti zayo z’Abanyarwanda bo muri FDLR ahubwo ni bo bari gutegura intambara ngo bateze imidugararo mu karere.”

Major Willy Ngoma aheruka gutangaza ko amagambo amaze iminsi atangazwa n’abategetsi ba Congo ndetse n’abasirikare b’iki gihugu ari ikimenyetso simusiga cy’uko Kinshasa yitegura intambara.

Ati: “Niba warumvise ibyo President Félix Tshisekedi ubwe yavuze ko ‘ari igihe cyo kwikiza abaduteye’, niba ukurikira ibyo Jean Pierre Bemba yavuze mu nama y’abaminisitiri ko biteguye intambara…Duherutse kubona ubutumwa bwa komanda wa Opération Sokola II muri Kivu ya Ruguru, ahamagarira ingabo ze ngo zitegure mu buryo bwose bushoboka.”

“Mu by’ukuri barashaka guhindura isura ngo bavuge ko ari twe dushaka intambara kandi twe dusaba ibiganiro ariko barabyanze.”

M23 ivuga ko imaze igihe yarubahirije icyifuzo cya EAC ndetse n’amahanga cyo kuva mu duce yari yarigaruriye; gusa hejuru yo kutuvamo FARDC ikaba ikomeza kuyishotora iyisanga mu duce yagiyemo nyuma yo gusubira inyuma.

Uyu mutwe uvuga ko kugeza ubu icyo utumvikanaho na Leta ya Congo ari uko wavuze ko mu gihe nta biganiro bizaba bibayeho nta kintu na kimwe kizabaho; ku ruhande rwayo na yo ikaba yararahiye ko batazigera baganira.

Tags: GomaGufataM23
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post

Sudan National Army Dismisses Negotiations With The Paramilitary RSF In Jeddah.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?