Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umutwe wa Red Tabara, bidasubirwaho, wanyomoje ibya tangajwe na perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, ko bafashwa na leta ya Kigali.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 30, 2023
in Regional Politics
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umutwe wa Red Tabara, urwanya leta ya CNDD FDD, mu gihugu c’u Burundi, wavuguruje ibyatangajwe na perezida Evariste Ndahishimiye, ubwo yari mu Ntara ya Cankuzo.

You might also like

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

N’ibyaraye bitangajwe n’umutwe wa Red Tabara, mw’ijoro ryo kw’itariki 29/12/2023, rishira kuri uyu wa Gatandatu, tariki 30/12/2023, n’inyuma y’uko perezida Evariste Ndahishimiye, yaramaze gukorana ikiganiro n’abanyamakuru, ashinja u mutwe wa Red Tabara kwica “abana b’impinja,” mu gatumba.

Umutwe wa Red Tabara, ubinyujije kuru kuta rwa X, bagize bati: “Tubisubiyemo, Red Tabara, ntiyigeze igaba igitero mu basivile, yewe ntituzigera tunabikora.”

Bunzemo kandi ati: “Igitero twakoze twakigambye mw’ikambi y’igisirikare cya CNDD FDD, iri muri Vugizo, i Gatumba, mu Ntara ya Bujumbura.”

Basoje bavuga bati: “Abana bavuga bapfuye bishwe n’Ingabo z’u Burundi. Leta ya Bujumbura, ifite n’ikibazo ntizi gutandukanya Abasirikare b’igihugu cyabo n’abasivile! Ibyo perezida Evariste Ndahishimiye, avuga ntashingiro bifite.”

Igitero u mutwe wa Red Tabara, irwanya leta ya Bujumbura, iheruka gukora yakigabye tariki 22/12/2023, mw’ikambi y’igisirikare, iherereye muri Vugizo, mu m’Ajyepfo y’Igihugu c’u Burundi, ahegereye u mupaka wa Congo n’i Burundi. N’igitero cyasize kivugishije cyane leta y’u Burundi, kuko cyahitanye Abantu 20 barimo n’Abasirikare ndetse n’abapolisi b’igihugu c’u Burundi.

Muri kiriya kiganiro cya perezida w’u Burundi, yagiranye n’itangaza makuru, yashinje kandi umutwe wa Red Tabara, gufashwa na leta ya Kigali no gukorana na M23, ibi Red Tabara, yabiteye utwatsi.

Ati: “Twebwe tuzi icyo turwanira, ntagihugu na kimwe kidufasha oya, twe dufashwa n’abaturage b’igihugu c’u Burundi, barambiwe, leta ya Evariste Ndayishimiye. Abarundi barashaka impinduka.”

Bunzemo kandi ati: “Red Tabara, ntikorana na M23, ibi ntibyashoboka n’abuke, twebwe dukorana n’abaturage b’u Burundi.”

Ibi bikubiye mw’itangazo umutwe wa Red Tabara, waraye ushize hanze ririho umukono w’u muvugizi wabo, mu bya gisirikare, Patrick Nahimana.

Bruce Bahanda.

Tags: BidasubirwahoKo bafashwa na leta ya KigaliUmutwe wa Red TabaraWanyomoje ibya tangajwe na perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y'uko RDC iyitambitse imbere. Igihugu cy'u Rwanda cyikuye mu muryango wa CEEAC nyuma y'aho Repubulika ya demokarasi ya Congo ikibangamiye. Uyu mwanzuro u...

Read moreDetails

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails
Next Post

"Ubukene igihugu c'u Burundi, gifite biri mu bituma leta ya Bujumbura, yohereza ingabo zayo kwica Abatutsi, muri Congo," bya tangajwe na Berterand Bisimwa, perezida wa M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?