
Umuvugizi wishirahamwe Mahoro Peace Association(MPA), Alexis Mvuka, yahakanye ibirego bagize igihe bashinja irishirahamwe gutera inkunga inyeshamba muri Kivu Yepfo.
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 03.5.2023. Saa 8:27 Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Mukiganiro kirekire cyanyuze kuri Tv Monde, iyi Tv Monde, yabazaga Umuvugizi wa Mahoro Peace Association Alexis Mvuka, amakuru yatanzwe na Africa Intelligence, ayamakuru yarakubiwe mucyegeranyo kivuga ko MPA, itera inkunga inyeshamba, muricyo cyegeranyo Kandi havuzwe ko MPA, iha ubufasha Twirwaneho, irwanira uburenganzira bwokubaho kwa Banyamulenge.
Mwicyo cyegeranyo Africa Intelligence kubufasha yahawe na FBI, bagaragaje ko ishirahamwe rya Mahoro Peace, ritera inkunga Imitwe yitwaje intwaro ikorera kubutaka bwa Kivu Yepfo, mugihugu ca Republika ya democrasi ya Congo.
Ubwo Alexis Mvuka, yabazwaga numunyamakuru wa Tv Monde, umunyamakuru yamubwiyeko Mahoro Peace, imaze gutanga ubufasha bungana namafaranga ya America angana na million Zitanu(5million En Dollars).
Bwana Alexis Mvuka, nawe yagize ati: “Twebwe ntabwo dutera inkunga Imitwe yitwaje intwaro nkuko mubivuga icyo dukora dufasha impunzi zahunze ziva muturere dutandukanye tugize imisozi miremire yimulenge (High land Of Mulenge).
Alex, yakomeje agaragaza ko kugira bafashe izi mpunzi aruko leta ya Kinshasa, yaretse aba bantu yagize ati: “Izi mpunzi tuzifasha kubera ko leta yazitaye !! uburyo zibabaye turabafasha kandi natwe tuvuka muri kariye karere turabafasha kugira ngo babeho ntabwo tuzabata ngo kubera ko leta yabataye oya!.”
Ibi byatumye twegera umwe mubaturage baturiye Minembwe, maze tumubaza imirimo Mahoro Peace, imarira izi mpunzi ziri muri Minembwe ho muri Kivu Yepfo, yagize ati: “Mahoro Peace, rwose badufasha ibiryo. Batanga amafu Yibikoma ndetse namafu yibigori.”
Mahoro Peace, ikaba ari Ishirahamwe rigizwe nabanyamulenge batuye America, nabo ubwabo bakaba barahunze intambara zurudaca muburasirazuba bw’ikigihugu ca Republika ya Democrasi ya Congo.




