Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuvugizi wa RDC yagize icyavuga ku byo kurandura FDLR.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 15, 2024
in Regional Politics
0
Umuvugizi wa RDC yagize icyavuga ku byo kurandura FDLR.
82
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuvugizi wa RDC yagize icyavuga ku byo kurandura FDLR.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Kinshasa, Patrick Muyaya yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zigomba kurandura byanze bikunze umutwe wa FDLR, ngo kuko biri mumpamvu u Rwanda rugaragaza, bityo bigatuma ingabo zarwo ziguma ku butaka bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ibyo RDC ishinja Kigali by’uko ingabo zayo ziba muri iki gihugu cyabo, Kigali irabihakana.
Ibintu bibiri bigize amasezerano y’amahoro ya Luanda ni ugusenya FDLR n’u Rwanda rugahagarika ingamba zashyizeho z’ubwirinzi.

Gusa ibyo abasesenguzi benshi bo muri RDC basobanura ku ngingo ya kabiri ijanye n’uko u Rwanda ruzavanaho ingamba zashyizweho z’ubwirinzi, bavuga ko ari ukuvana ingabo zarwo ku butaka bwa RDC.

Mu kiganiro umuvugizi wa RDC, Patrick Muyaya yahaye itangaza makuru, yavuze ko mu biganiro byabereye i Luanda ku wa Gatandatu w’iki Cyumweru dusoje, u ruhande rwa Leta ya Kinshasa rwahagaze ku gukorera icyarimwe biriya bikorwa bibiri.

Yagize ati: “Dutegereje ko umuhuza aduha gahunda y’ibikorwa izatuma ibyemejwe n’impande zombi bijya mu bikorwa, ari byo gusenya FDLR no gucyura ingabo z’u Rwanda.”

Inama ya 5 y’abaminisitiri b’ubanyi n’amahanga yo ku wa Gatandatu, nanone yasabye umuhuza gutegura umushinga w’ibyakorwa mu gushyira mu ngiro ziriya ngingo, maze inzobere zikazaterana tariki ya 30/10/2024 kugira ngo zigeze kuri uwo mushinga w’ubuhuza, nk’uko biri mu byumvikanyweho ku wa Gatandatu.

Nyuma aba baminisitiri bazongera baterane ku itariki izagenwa kugira ngo bige kuri raporo y’inzobere ku byo zizaba zabonye ku mushinga w’ibikorwa watanzwe n’umuhuza. Biteza ko abaminisitiri b’ubabanye n’amahanga nibiyemeza, nyuma abakuru b’ibihugu byombi na Angola bazasinya amasezerano y’amahoro agomba gushyirwa mu bikorwa.

Muyaya yanahamirije abanyamakuru ko iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyiteguye gusenya burundu umutwe wa FDLR kandi ko iki gihugu cye cyiteguye gukuraho impamvu zose zitangwa na leta ya Kigali.

U Rwanda ruvuga ko umutwe wa FDLR ari umutwe w’iterabwoba kandi ko wakoze jenoside mu Rwanda mu 1994. U Rwanda kandi rushinja RDC gukorana byahafi n’uyu mutwe wa FDLR nubwo yo ibihakana.

                 MCN.
Tags: Amasezerano y'amahoroAngolaPatrick Muyaya
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
RDC ivuga ko u Rwanda ruyibera imbogamizi yo kugera ku iterambere rigezweho.

RDC ivuga ko u Rwanda ruyibera imbogamizi yo kugera ku iterambere rigezweho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?