• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuvugizi wa RDC yagize icyavuga ku byo kurandura FDLR.

minebwenews by minebwenews
October 15, 2024
in Regional Politics
0
Umuvugizi wa RDC yagize icyavuga ku byo kurandura FDLR.
82
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuvugizi wa RDC yagize icyavuga ku byo kurandura FDLR.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Umuvugizi wa Guverinoma ya Kinshasa, Patrick Muyaya yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zigomba kurandura byanze bikunze umutwe wa FDLR, ngo kuko biri mumpamvu u Rwanda rugaragaza, bityo bigatuma ingabo zarwo ziguma ku butaka bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ibyo RDC ishinja Kigali by’uko ingabo zayo ziba muri iki gihugu cyabo, Kigali irabihakana.
Ibintu bibiri bigize amasezerano y’amahoro ya Luanda ni ugusenya FDLR n’u Rwanda rugahagarika ingamba zashyizeho z’ubwirinzi.

Gusa ibyo abasesenguzi benshi bo muri RDC basobanura ku ngingo ya kabiri ijanye n’uko u Rwanda ruzavanaho ingamba zashyizweho z’ubwirinzi, bavuga ko ari ukuvana ingabo zarwo ku butaka bwa RDC.

Mu kiganiro umuvugizi wa RDC, Patrick Muyaya yahaye itangaza makuru, yavuze ko mu biganiro byabereye i Luanda ku wa Gatandatu w’iki Cyumweru dusoje, u ruhande rwa Leta ya Kinshasa rwahagaze ku gukorera icyarimwe biriya bikorwa bibiri.

Yagize ati: “Dutegereje ko umuhuza aduha gahunda y’ibikorwa izatuma ibyemejwe n’impande zombi bijya mu bikorwa, ari byo gusenya FDLR no gucyura ingabo z’u Rwanda.”

Inama ya 5 y’abaminisitiri b’ubanyi n’amahanga yo ku wa Gatandatu, nanone yasabye umuhuza gutegura umushinga w’ibyakorwa mu gushyira mu ngiro ziriya ngingo, maze inzobere zikazaterana tariki ya 30/10/2024 kugira ngo zigeze kuri uwo mushinga w’ubuhuza, nk’uko biri mu byumvikanyweho ku wa Gatandatu.

Nyuma aba baminisitiri bazongera baterane ku itariki izagenwa kugira ngo bige kuri raporo y’inzobere ku byo zizaba zabonye ku mushinga w’ibikorwa watanzwe n’umuhuza. Biteza ko abaminisitiri b’ubabanye n’amahanga nibiyemeza, nyuma abakuru b’ibihugu byombi na Angola bazasinya amasezerano y’amahoro agomba gushyirwa mu bikorwa.

Muyaya yanahamirije abanyamakuru ko iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyiteguye gusenya burundu umutwe wa FDLR kandi ko iki gihugu cye cyiteguye gukuraho impamvu zose zitangwa na leta ya Kigali.

U Rwanda ruvuga ko umutwe wa FDLR ari umutwe w’iterabwoba kandi ko wakoze jenoside mu Rwanda mu 1994. U Rwanda kandi rushinja RDC gukorana byahafi n’uyu mutwe wa FDLR nubwo yo ibihakana.

                 MCN.
Tags: Amasezerano y'amahoroAngolaPatrick Muyaya
Share33Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
RDC ivuga ko u Rwanda ruyibera imbogamizi yo kugera ku iterambere rigezweho.

RDC ivuga ko u Rwanda ruyibera imbogamizi yo kugera ku iterambere rigezweho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?