
Ubuyobozi bw’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), barashinja Radio na Televisiyo, izwi kw’izina rya “Nyota TV,” kuba nyiribayazana w’u mutekano muke ukomeje kuzamba ahanini k’u murwa mukuru w’igihugu ca RDC no gucamo abasirikare ba FARDC.
Bizwiko Nyota TV, yashinzwe na Moïse Katumbi, ndetse akaba arinawe mutera nkunga mukuru w’iyi Radio ifite na Televisiyo. Moïse Katumbi, nawe ni umukandida, k’umwana w’u mukuru w’igihugu.
K’u mugaragaroba wo ku Cyumweru, tariki 24/12/2023, umuvugizi w’igisirikare ca FARDC, Major Gen Sylvain Ekenge Bomusa, y’umvikanye avuga amagambo aremereye ashinja iriya Radio na Televisiyo.
Yagize ati: “Iyi Televisiyo ya Nyota, ndetse n’ibindi binyamakuru bitangaza inkuru zidafite aho zishingiye ababikoresha turabamaganye. Kiriya Kinyamakuru gitangaza ibihuha bigamije gucamo igisirikare ca RDC.”
Yunzemo kandi ati: “Tugiye gufata Ingamba zihuse kuriki Kinyamakuru cya Nyota TV, gifite na Radio. Tuboneyeho no kubwira ibindi binyamakuru bigamije guca intege igisirikare ca FARDC ko bagomba kurekeraho bitaba ibyo aba bikoresha bagahanwa.”

Ibi abitangaje mu gihe muri RDC hari umwuka mubi ushingiye ku matora aho Abanyapolitike benshi batari kwemera ibyavuye mu matora yo kw’itariki 20/12/2023. Ni Amatora yabaye iminsi itatu.
Bruce Bahanda.