• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yerekanye abagabo batawe muriyombi bazira kuba intasi za M23.

minebwenews by minebwenews
March 8, 2024
in Regional Politics
0
Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yerekanye abagabo batawe muriyombi bazira kuba intasi za M23.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyataye muriyombi abarimo abadepite gishinja gukorana byahafi n’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Kinshasa.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni umuvugizi w’igisirikare cya FARDC, General Sylvain Ekenge, werekanye abarimo abasivile bane, n’abadepite ba biri, bo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Uy’u muvugizi wa FARDC Gen Sylvain Ekenge avuga ko bariya bafashwe ko bashinjwa gukorera ubutasi M23 mu Mujyi wa Goma no mu nkengero zawo, ndetse ngo no gushaka abayoboke bagana uriya mutwe urwanya ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Mu makuru avugwa n’uko abo General Sylvain Ekenge yerekanye uy’u munsi bafatiwe i Goma, batawe muriyombi n’inzego zishinzwe umutekano. Gusa bikavugwa ko mu basivile berekanwe none batazwi, ndetse bakaba batari baratangajwe ubwo bariya badepite bafatirwaga i Goma mu minsi mike ishize.

Nk’uko byarimo bigaragara ku mushusho General Sylvain Ekenge yerekanye abagabo bane bambitswe imyenda y’umuhondo n’umutuku.

Muri abo harimo Hope Sabini Kibuya usanzwe ari umudepite ku rwego rw’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Umuvugizi w’igisirikare cya RDC, ya muvuzeho ko ari we wari ukuriye ibikorwa byo gushakira M23 abayoboke, kandi ko ari we wabizanyemo abo bareganwa.

Undi werekanwe ni Aliongera Alain nawe wari umudepite ku rwego rw’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Abandi, harimo uwakoraga mu by’ubukerarugendo akaba n’umujyanama wa Guverinoma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu gihe undi yakoraga akazi kubumotari, akaba ngo yakoranaga n’abo batatu, nk’uko byarimo bisobanurwa na General Sylvain Ekenge.

Gusa Sabini Kibuya na Alain n’abo bareganwa, ntibigeze bahabwa umwanya ngo bisigure ku byaha bashinjwa.

Kandi, Sylvain Ekenge y’umvikanye, yita aba bagabo “abagambanyi bakorana na M23 n’igisirikare cy’u Rwanda,” aza gutangaza ko abandi bafatiwe muri ibyo bikorwa bazerekanwa ku gihe nyacyo.

Kuva abo bagabo bafashwe ntacyo ubuyobozi bwa M23 burabivugaho ko ari ababo, cyangwa baharanzwe n’igisirikare cya FARDC, nk’uko n’ubundi babikoreye abandi benshi bafungiwe i Kinshasa n’ahandi.

Amagereza menshi i Kinshasa, Goma, Bukuvu, n’ahandi, hafungiwe Abanyamulenge benshi, ahanini usanga batanagezwa imbere y’ubutabera kugira ngo ba burane. Abenshi ba bibona ko ari mu rwego rwo kugira bakomeze bafungwe kuko babaziza ubwoko bw’Abatutsi.

      MCN.
Tags: AbadepiteBarashinjwaBerekanweKinshasaKuba intasi za M23Sylvain Ekenge
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
M23 ikomeje kwerekana ubushobozi bwayo, nyuma y’uko ifashe Rwindi, yari ibirindiro n’icyumbi rya FDLR bikomeye.

M23 ikomeje kwerekana ubushobozi bwayo, nyuma y'uko ifashe Rwindi, yari ibirindiro n'icyumbi rya FDLR bikomeye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?