Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Umuyobozi uri mu bavuga rikijana mu ishyaka riri ku butegetsi mu gihugu cy’u Burundi, arashijwa kwica atemaguye, umwana w’u mukobwa w’imyaka 12.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 18, 2024
in World News
0
Umuyobozi uri mu bavuga rikijana mu ishyaka riri ku butegetsi mu gihugu cy’u Burundi, arashijwa kwica atemaguye, umwana w’u mukobwa w’imyaka 12.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umwe mu bayobozi bavuga rikijana mu ishyaka riri ku butegetsi mu gihugu cy’u Burundi, arashijwa kwica atemaguye, umwana w’u mukobwa w’imyaka 12.

You might also like

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Ni uwitwa Pastor Muhumure, ayoboye abarwanyi ba CND FDD bahoze kurugerero, niwe wishe atemaguye umwana w’u mukobwa witwa Kaneza Ange Noella, nk’uko iy’inkuru tuyikesha urubuga rwa Pacifique Nininahazwe, ukuriye Focode (Ishirahamwe ritabariza Abarundi bari mu kaga).

Avuga ko mu Cyumweru gishize ko aribwo muri Komine Nyamurenza hatoraguwe umurambo w’uyu mwana w’u mukobwa, ko kandi umurambo we wari ucyagaguyemo ingingo z’u mubiri.

Nk’uko iyi nkuru ibisobanuro n’uko buri gice cy’u mubiri cyari ukwacyo, ugutwi, amabere ndetse n’amaguru ukwayo.

Inkuru ikomeza ivuga ko hari hashize iminsi irenga i Cyumweru, ababyeyi b’uyu mwana w’u mukobwa baramubuze.

Uru rubuga runatangaza ko iyi nkuru ruyikesha abaturage bo muri ibyo bice byiciwemo uwo mwana.

Hari n’ubuhanya uru rubuga rwatanze buvuga ko rwa buhawe n’abo baturage baturiye Komine Nyamurenza. Ubu buhamya buvuga ko hari umusore waje ku rugo rwa ba Ange Noella wishwe, abwira ababyeyi be ko ariwe wagiye kujugunya umurambo w’uyu mwana w’u mukobwa kandi avuga ko uyu murambo yawuhawe na Pastor Muhumure, amusaba kuja ku wuta mu ishyamba agerekaho n’amafaranga kugira ngo atazaja kumena ibanga ry’uwishe Kaneza.

Ubuhamya bukomeza buvuga ko uwo musore watanze ubwo buhamya yababajwe cyane n’uko Muhumure yari mu bantu bagiye guhumuriza ababyeyi ba Keneza.

Nyuma y’ubwo buhamya abashinzwe umutekano mu Gihugu cy’u Burundi bataye muri yombi Pastor Muhumure, baza no kumufungira muri Casho nto iherereye i Ngozi. Gusa abaturage bo muri Komine Nyamurenza bavuga ko batizeye neza ko Pastor Muhumure azahanwa by’intangarugero, kuko asanzwe ari nkora mutima mu ishyaka riri ku butegetsi muri iki gihugu, ko kandi yari asanzwe akora amabi ariko ntabiryozwe.

Uyu Pastor Muhumure avuka muri Komine Nyamurenza, mu Ntara ya Ngozi. Kuri ubu niwe ukuriye abahoze ari abarwanyi muri CND FDD (Démobilisé).

Mu busanzwe yarazwi nk’u musenzi (umunyamasengesho), kandi asanzwe anasengera mu itorero rya Pentekoti, nubwo ibimuvugwaho biteye ubwoba.

               MCN.
Tags: Amutemaguye ibicePastor MuhumureYishe umwana w'u mukobwa
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk'igihugu cyigenga. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zateye utwatsi icyemezo cya perezida Emmanuel Macron w'u Bufaransa cyo kwemerera...

Read moreDetails

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho guverinoma nshya igizwe n'abaminisitiri 21, abanyamabanga ba Leta 10 n'abandi bayobozi bakuru. Iyi guverinoma nshya...

Read moreDetails

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails
Next Post
Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya Kenya yashinje amahanga kudaha Abanyafrika agaciro.

Umukuru w'igihugu cya Repubulika ya Kenya yashinje amahanga kudaha Abanyafrika agaciro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?