Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Umwe mu baheruka gutabara i Mulenge, ijambo yavuze amaze kugera yo, rirakaze!

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 25, 2025
in History
0
Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umwe mu baheruka gutabara i Mulenge, ijambo yavuze amaze kugera yo, rirakaze!

You might also like

Byinshi wa menya kuri YouTube channel ya Mulenge Top Tv.

Mu matora ya Chef-de Camp, Rukumbuzi ni we wungirije.

Icyo wa menya kuri Family TV 1 ikoreshwa n’umukobwa w’Umunyamulenge.

Umwe mu barwanshaka uheruka gutabara ababyeyi be, Abanyamulenge i Mulenge mu Burasizuba bwa Congo, Rugabire Shanguri uzwi cyane nka Rukara, nyuma y’aho ahagereye yababwiye ijambo riha buri Munyamulenge wese icyerekezo cy’ibihe bagezemo n’uko bagomba kubyitwaramo bakareka ibindi byose bagatabara igihugu cyabo cyatewe n’umwanzi.

Ni amakuru akubiye mu ibaruwa yanditsemo ubutumwa bugufi Rugabire yabwiye Abanya-Minembwe akimara kubageraho abatabaye.

Iyi baruwa ngufi igaragaza ibyavuzwe n’uriya murwanashaka igira iti: “Tumaze kumenya ko igihugu cyatewe n’abanzi b’ubwoko bwacu, twananiwe gukomeza kwiyumanganya, duhitamo gutabara.”

Ikomeza igira iti: “Impamvu mu bona turi hano, nta yindi twaje kubatabara. Tuzahangana n’uwo mwanzi mu paka.”

Hagati mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka wa 2025, ni bwo Rugabire yerekeje i Mulenge, akaba yaratururutse mu gihugu cya Uganda icyo yagezemo mu mwaka wa 2016, nyuma yoguhunga intambara zo muri RDC zabaye mbere y’umwaka wa 2017.

Ubwo yatabaraga, yajanye n’abandi basore benshi Babanyamulenge barimo uwitwa Ngeneye Irakoze, Birori Mugabe, Ndabarishe n’abandi benshi.

Amakuru amuvugaho hamwe n’abagenzi be, twakiriye kuri Minembwe Capital News, agaragaza neza ko bamaze kuba muntambara nyinshi, harimo iyo barwanye ya mbere i Kaziba tariki ya 12-13/02/2025. Icyo gihe ndetse banafashe iki gice nubwo baje kucyikuramo, bagakomeza urugendo bagana mu Minembwe gutabara ababyeyi babo.

Nyuma yabwo barwanye izindi ku Ndondo ya Bijombo nyuma y’aho baviriye mu Rurambo bakinjira mu Bijabo.
Izindi nanone bamaze kurwana n’izabereye kwa Mulima, mu Rusuku no mu Marango ya Minembwe. Aho bagiye barwana hose, nta nahamwe batirukanye ihuriro ry’ingabo za Congo, bakahafata. Gusa haraho bagiye bikura kubera urugendo barimo cyangwa izindi mpamvu zabo bwite tutamenya za gisirikare.

Kuri ubu Rugabire n’abagenzi be, baherereye mu Rugezi, igice na cyo bafashe mu mpera z’ukwezi kwa gatatu uyu mwaka, nyuma y’imirwano ikomeye yasize bacirukanyemo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, zirimo FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo.

Tags: MinembweUmurwanashaka
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Byinshi wa menya kuri YouTube channel ya Mulenge Top Tv.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
Byinshi wa menya kuri YouTube channel ya Mulenge Top Tv.

Byinshi wa menya kuri YouTube channel ya Mulenge Top Tv. Mulenge Top Tv, ni mwe mu ma YouTube Channel inyuzwaho ibiganiro byerekeye ku ntambara zi bera mu Burasirazuba...

Read moreDetails

Mu matora ya Chef-de Camp, Rukumbuzi ni we wungirije.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
Auto Draft

Mu matora ya Chef-de Camp, Rukumbuzi ni we wungirije. Mu nkambi y'i mpunzi z'Abanye-Congo ya Nyenkanda iherereye mu ntara ya Ruyigi, mu gihugu cy'u Burundi, Amani Amisi yatorewe...

Read moreDetails

Icyo wa menya kuri Family TV 1 ikoreshwa n’umukobwa w’Umunyamulenge.

by Bruce Bahanda
May 22, 2025
0
Icyo wa menya kuri Family TV 1 ikoreshwa n’umukobwa w’Umunyamulenge.

Icyo wa menya kuri Family TV 1 ikoreshwa n'umukobwa w'Umunyamulenge. Family Tv 1, n'imwe muri Channel za YouTube, ikoreshwa n'umukobwa w'Umunyamulenge, Grace Nyagiciro, ahanini ayikoresha mukuvuganira ubwoko bwabo,...

Read moreDetails

Dore ibintu byingenzi dusanga muri Tangawizi bigomba gutuma uyihata kuyirya.

by Bruce Bahanda
May 20, 2025
0
Dore ibintu byingenzi dusanga muri Tangawizi bigomba gutuma uyihata kuyirya.

Dore ibintu byingenzi dusanga muri Tangawizi bigomba gutuma uyihata kuyirya . Tangawizi si iyo kunywa mu cyayi gusa ahubwo wanayiteka mu biryo kuko ni kimwe mu biribwa bikungahaye...

Read moreDetails

Ibyo wa menya ku Banyarwanda barenga 300 batahutse bava mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
May 19, 2025
0
Ibyo wa menya ku Banyarwanda barenga 300 batahutse bava mu Burasizuba bwa Congo.

Ibyo wa menya ku Banyarwanda barenga 300 batahutse bava mu Burasizuba bwa Congo. Abanyarwanda 360 barimo abagabo, abagore n'abana ni bo bacyuwe mu Rwanda bakuwe mu Burasizuba bwa...

Read moreDetails
Next Post
Byakaze, UPDF yacyanye umubano wayo n’u Budage.

Byakaze, UPDF yacyanye umubano wayo n'u Budage.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?