• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umwe mu banyamuryango bashinze m23 yongeye gushimangira intego zuyu mutwe.

minebwenews by minebwenews
September 6, 2024
in Regional Politics
0
Umwe mu banyamuryango bashinze m23 yongeye gushimangira intego zuyu mutwe.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umwe mu banyamuryango bashinze m23 yongeye gushimangira intego zuyu mutwe.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nibyo Ali Musanga uri mu banyamuryango bashinze m23, yatangaje mu kiganro yahaye Bwiza TV, avuga ko intego y’uyu mutwe kwari ukubohora Repubulika ya Demokarasi ya Congo yose nyuma ikirukana ubutegetsi bwa perezida Felix Tshilombo.

Muri 2012 ubwo m23 yashyiragaho ubuyobozi mu duce tw’intara ya Kivu Yaruguru aho yari yarigaruriye , Musanga icyo gihe yari minisitiri wa siporo, urubyiruko ndetse n’imyidagaduro muri ubwo buyobozi.

Rero, muri iki kiganiro yagaragaje ko mu byo m23 iharanira harimo kurwanya ingengabitekerezo ya genocide ndetse n’amacakubiri akomeza kwiyongera muri RDC, no guharanira ko umunsi umwe Abanyekongo bazaba umuntu umwe.

Ubutegetsi bwa Kinshasa bumaze igihe buvuga ko umutwe wa M23 utabaho, ko ahubwo ari icyuka cyahimbwe n’u Rwanda rwahisemo kohereza ingabo zarwo muri RDC rwitwikiriye ririya zina kugira ngo rubone uko rusahura umutungo wiki gihugu. Ibi u Rwanda rwagiye rubitera utwatsi hubwo rugashinja RDC gukorana byahafi n’umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze genocide.

Musagara yashimangiye ko M23 igizwe n’Abanyekongo baturuka mu moko atandukanye.

Ati: “Abenshi bavuga ko M23 igizwe n’Abanyarwanda, Abagande; gusa biriya ni ubukangurambaga bukorwa n’ubuyobozi bwabo. Ugeze muri M23 nta munyarwanda n’umwe wahabona . Gen Makenga si umunyarwanda , Gen Bodui si umunyarwanda, Gen Byamungu , Gen Gaceri, ba Colonel Nsabimana, Ali Musagara si umunyarwanda, Réne Abandi si umunyarwanda, n’abandi n’abandi.”

Kugeza ubu M23 iragenzura ibice bitandukanye bya za teritware za Rutshuru, Masisi, Nyiragongo na Lubero byo mu ntara ya Kivu Yaruguru.

Mu minsi ishize Corneille Nangaa usanzwe ari umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo uyu mutwe wa M23 yatangaje ko intego bafite ari ugufata Repubulika ya demokarasi ya Congo yose.

Yagize ati: “M23 turashaka gufata Congo yose, ntiturwanira gufata Rutshuru, Masisi, Beni, Butembo, Goma cyangwa Bukavu. Intego yacu ni ugufata Igihugu cyose tukirukana ikibazo hose tuzihutira kujya kucyirukaho.”

Yanashimangiye ko abari i Kinshasa, Lubumbashi n’ahandi barambiwe ubutegetsi bwa Kinshasa, bityo barashaka guha imbaraga M23 kugira ngo igere ku ntego yihaye.

Yanahaye ubutumwa abasirikare n’abapolosi ba RDC birirwa babeshywa n’ubutegetsi buriho , abasaba ko bayoboka M23 kugira ngo babohore iki gihugu cyateshejwe agaciro n’ubutegetsi bwa perezida Felix Tshilombo.

                MCN.
Tags: Ali MusabgaIntegoKubohora IgihuguM23
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Menya ibintu birindwi byangiza umutima harimo n’ibifatwa nk’ibisanzwe.

Menya ibintu birindwi byangiza umutima harimo n'ibifatwa nk'ibisanzwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?