Umwe mu barwanashaka yaburiye benewabo uburyo bakwitwara muri iki gihe.
Bizima Frank uherereye muri Repubulika ya demokarasi ya Congo mu nshe zo muri Kivu y’Amajyepfo yasabye benewabo Abanyamulenge kwirinda uburiganya bw’Abanyakagara bakomeje kugambanira abo mu bwoko bwabo mu bihugu bahungiyemo Uganda, Kenya n’ahandi.
Bikubiye mu butumwa bwanditse bugufi Bizima yahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, ubwo yatanze mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatandatu tariki ya 31/05/2025, aho yahise asaba benewabo ko bagomba kumenya ko umwanzi yashoye imbaraga mukubakorera uburiganya bwo ku rwego rwo hejuru! Bityo abasaba guhumuka nabo.

Yagize ati: “Ndabwira Abanyamulenge ko Akagara kari gukoresha imbaraga nyinshi mu kurwanya inzira yo gutabara ubwoko bwabo! Kari gushora amafaranga ahandi kagakoresha kuriganya.”
Bizima watanze iyi nama ni umwe mubavuzwe muri dosiye y’umusore ufunzwe muri Uganda, Ndanyuzwe Dieudonne, wafunzwe nyuma y’aho abo mu Banyakagara bamugambaniye baramufungisha.
Nk’uko Bizima abisobanura avuga ko aba Banyakagara bahamagaye Dieudonne mu ijoro, nawe akabitaba azi ko ari abantu basanzwe, nyuma kubera bo bari bazi icyo benda kumukoraho bahita bamufata bara muhambira bamutegeka ibyo agomba kuvuga bamukangisha ku mwica.
Mu butumwa bw’amajwi bwagaragaye Dieudonne ari guhatwa ibibazo, wumvaga iruhande rwe hari umuntu umutera ibibazo, ariko uyu wamuteraga ibibazo ntiyagaragaraga mu gihe Dieudonne we bari bamushyize kukarubanda.
Bizima avuga ko byose ko wari umupango w’Abanyakagara bashakaga ko Abanyamulenge bacika kugutabara, bityo asaba abantu guhumuka bakamenya intambara aba Banyakagara bari gukora muri iki gihe z’uburiganya burimo amayobera ya satani.
Kugeza ubu Dieudonne aracyafunzwe i Mbarara, afunzwe n’igipolisi cyaho. Mu byo azira hano, Bizima asobanura ko azira akarengane.
Mubutumwa Abanyakagara baheruka gushyira hanze bwa nditse mu ibarwa ndende, basabye Abanyamulenge kudatabara benewabo bahagurukiwe na Leta y’i Kinshasa kubarimbura. Hari aho iyo barwa igera ikabasaba no kudatanga imisanzu yo gufasha abakuwe mubyabo bahungiye mu Minembwe, nyuma y’imirwano ikomeye yabakuye mu byabo mu Cyohagati, Mibunda n’ahandi.
Nk’uko bizwi Akagara ni itsinda ry’Abanyamulenge bake bakorera mu kwaha k’u butegetsi bw’i Kinshasa, nyamara bakora cyane bivuye inyuma mu rwego rwo kugira ngo Wazalendo, FDLR n’Ingabo za FARDC zibagirire icyizere cyo gukorana nabo neza. Nubwo batabagarurira Inka zabo banyaze cyangwa ababo bishe i Salamabila, Minembwe, i Lulenge n’ahandi.
Hari n’abavuga ko umuyobozi mukuru wa Kagara ko ari Lt.Gen.Masunzu uzwiho kugambanira no kwica benewabo Abanyamulenge. Yishe benshi kandi ahanini abasirikare bakuru.
Akagara katangiye kuvugwa hagati mu mwaka wa 2020, nyuma y’inama abagatangije bakoze bemezanya kuba ibikoresho bya leta y’i Kinshasa ikoresha Mai Mai na FDLR mu kunyaga Inka z’Abanyamulenge no kubica.
Mu byegeranyo bitandukanye, bivuga ku nka Abanyamulenge bamaze kunyagwa bazinyazwe na Mai Mai hamwe n’Interahamwe, ibyinshi muribyo bigaragaza ko bamaze kunyagwa inka zibarirwa mu bihumbi amagana namagana.
Hagataho, Abanyamulenge barasabwa kumenya uko bagomba kwitwara mu ntambara bakomeje gushorwaho, nk’uko Bizima ukora mu ishami rya mobilisation muri Twirwaneho yabisobanuye haruguru.