• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Umwe mu barwanashaka yaburiye benewabo uburyo bakwitwara muri iki gihe.

minebwenews by minebwenews
May 31, 2025
in sport & entertainment
0
Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.
95
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umwe mu barwanashaka yaburiye benewabo uburyo bakwitwara muri iki gihe.

You might also like

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Bizima Frank uherereye muri Repubulika ya demokarasi ya Congo mu nshe zo muri Kivu y’Amajyepfo yasabye benewabo Abanyamulenge kwirinda uburiganya bw’Abanyakagara bakomeje kugambanira abo mu bwoko bwabo mu bihugu bahungiyemo Uganda, Kenya n’ahandi.

Bikubiye mu butumwa bwanditse bugufi Bizima yahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, ubwo yatanze mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatandatu tariki ya 31/05/2025, aho yahise asaba benewabo ko bagomba kumenya ko umwanzi yashoye imbaraga mukubakorera uburiganya bwo ku rwego rwo hejuru! Bityo abasaba guhumuka nabo.

Yagize ati: “Ndabwira Abanyamulenge ko Akagara kari gukoresha imbaraga nyinshi mu kurwanya inzira yo gutabara ubwoko bwabo! Kari gushora amafaranga ahandi kagakoresha kuriganya.”

Bizima watanze iyi nama ni umwe mubavuzwe muri dosiye y’umusore ufunzwe muri Uganda, Ndanyuzwe Dieudonne, wafunzwe nyuma y’aho abo mu Banyakagara bamugambaniye baramufungisha.

Nk’uko Bizima abisobanura avuga ko aba Banyakagara bahamagaye Dieudonne mu ijoro, nawe akabitaba azi ko ari abantu basanzwe, nyuma kubera bo bari bazi icyo benda kumukoraho bahita bamufata bara muhambira bamutegeka ibyo agomba kuvuga bamukangisha ku mwica.

Mu butumwa bw’amajwi bwagaragaye Dieudonne ari guhatwa ibibazo, wumvaga iruhande rwe hari umuntu umutera ibibazo, ariko uyu wamuteraga ibibazo ntiyagaragaraga mu gihe Dieudonne we bari bamushyize kukarubanda.

Bizima avuga ko byose ko wari umupango w’Abanyakagara bashakaga ko Abanyamulenge bacika kugutabara, bityo asaba abantu guhumuka bakamenya intambara aba Banyakagara bari gukora muri iki gihe z’uburiganya burimo amayobera ya satani.

Kugeza ubu Dieudonne aracyafunzwe i Mbarara, afunzwe n’igipolisi cyaho. Mu byo azira hano, Bizima asobanura ko azira akarengane.

Mubutumwa Abanyakagara baheruka gushyira hanze bwa nditse mu ibarwa ndende, basabye Abanyamulenge kudatabara benewabo bahagurukiwe na Leta y’i Kinshasa kubarimbura. Hari aho iyo barwa igera ikabasaba no kudatanga imisanzu yo gufasha abakuwe mubyabo bahungiye mu Minembwe, nyuma y’imirwano ikomeye yabakuye mu byabo mu Cyohagati, Mibunda n’ahandi.

Nk’uko bizwi Akagara ni itsinda ry’Abanyamulenge bake bakorera mu kwaha k’u butegetsi bw’i Kinshasa, nyamara bakora cyane bivuye inyuma mu rwego rwo kugira ngo Wazalendo, FDLR n’Ingabo za FARDC zibagirire icyizere cyo gukorana nabo neza. Nubwo batabagarurira Inka zabo banyaze cyangwa ababo bishe i Salamabila, Minembwe, i Lulenge n’ahandi.

Hari n’abavuga ko umuyobozi mukuru wa Kagara ko ari Lt.Gen.Masunzu uzwiho kugambanira no kwica benewabo Abanyamulenge. Yishe benshi kandi ahanini abasirikare bakuru.

Akagara katangiye kuvugwa hagati mu mwaka wa 2020, nyuma y’inama abagatangije bakoze bemezanya kuba ibikoresho bya leta y’i Kinshasa ikoresha Mai Mai na FDLR mu kunyaga Inka z’Abanyamulenge no kubica.

Mu byegeranyo bitandukanye, bivuga ku nka Abanyamulenge bamaze kunyagwa bazinyazwe na Mai Mai hamwe n’Interahamwe, ibyinshi muribyo bigaragaza ko bamaze kunyagwa inka zibarirwa mu bihumbi amagana namagana.

Hagataho, Abanyamulenge barasabwa kumenya uko bagomba kwitwara mu ntambara bakomeje gushorwaho, nk’uko Bizima ukora mu ishami rya mobilisation muri Twirwaneho yabisobanuye haruguru.

Tags: AbanyamulengeUmurwansshaka
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya Ku Cyumweru, tariki ya 18/01/2026, ni bwo hasojwe ku mugaragaro irushanwa rikomeye ry’Igikombe cya Afurika...

Read moreDetails

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

by Bahanda Bruce
January 7, 2026
0
Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira Mu Gikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc, hagaragaye umufana w’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

by Bahanda Bruce
December 27, 2025
0
Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi Tangawizi ni ikirungo gikunze kuboneka mu ngo nyinshi hirya no hino ku isi, cyane cyane mu bihugu byo mu karere kacu nko...

Read moreDetails

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

by Bahanda Bruce
December 25, 2025
0
Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho Mu ijoro rya Noheli, tariki ya 25/12/2025, umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi,...

Read moreDetails

Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4

by Bahanda Bruce
December 18, 2025
0
Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4

Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4 Umuhanzi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Israel Mbonyi, akomeje kwandika amateka adasanzwe mu muziki wo...

Read moreDetails
Next Post
Kabila yahuye n’abayobozi ba AFC/M23 hamenyekana n’ibyo baganiriye.

Kabila yahuye n'abayobozi ba AFC/M23 hamenyekana n'ibyo baganiriye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?