• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umwe mu bategetsi bakomeye muri RDC, yavuze ku by’uburwayi bwa Tshisekedi.

minebwenews by minebwenews
August 8, 2024
in Regional Politics
0
Umwe mu bategetsi bakomeye muri RDC, yavuze ku by’uburwayi bwa Tshisekedi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umwe mu bategetsi bakomeye muri RDC, yavuze ku by’uburwayi bwa Tshisekedi.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni Vital Khamere perezida w’inteko ishinga mategeko muri Repubulika ya demokarasi ya Congo wavuze ku by’uburwayi bwa Tshisekedi nyuma y’uko yari yamusuye kuri uyu wa Gatatu.

Nk’uko yabitangaje, bwana Vital Khamere yavuze ko yasuye perezida Tshisekedi Tshilombo ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 07/08/2024 ubwo n’ejo hashize, akaba yaramusuye nyuma y’uko uyu mukuru w’igihugu yari avuye mu Bubiligi aho yari amaze iminsi arwariye.

Rero, Vital Khamere mu kuva gusura perezida Félix Tshisekedi yavuze ko yasanze ameze neza bigaragara ko yakize.

Kamerhe yanagaragaje ko muri uku gusura perezida Félix Tshisekedi baboneyeho n’umwanya baganira ku bibazo biri mu gihugu imbere harimo iby’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC, ndetse no kubukungu bw’iki gihugu ni mu gihe ifaranga rya RDC ririmo kugenda rita agaciro ku yandi mafaranga yo hanze y’iki gihugu.

Ku kibazo cy’u mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC bavuze ko hagomba kubaho ubugenzuzi buhoraho kandi ahanini bugakorerwa mu bice biberamo imirwano hariya mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Aya magenzura agiye gukorwa, ngo biri mu nshingano z’inteko ishinga mategeko, isanzwe ifite mu nshingano kugenzura imikoreshereze y’ingengo y’imari y’igihugu mu rwego rw’umutekano ndetse no mu zindi nzego.

Vital Khamere kandi yavuze ko perezida Félix Tshisekedi yanagarutse ku nshingano z’inkiko, asaba ko zikomeza gukora neza zikirinda gukora amakosa nk’ayo zakunze gukora ku buryo hatazabaho nk’ibyabyabaye mbere.

Kamerhe avuga ko Tshisekedi yifuza ko habaho gukoresha neza ingengo y’imari yashizweho mu ntambara igisirikare cye gihanganyemo na M23 kandi ko ibyo byakorwa mu mucyo mwiza.

Ndetse kandi avuga ko Tshisekedi afite ubushake bwo kuba mu Burasirazuba bw’igihugu hagaruka amahoro, ariko igisirikare cye kikaba gikomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika intambara.

Hagati aho, Tshisekedi uvuye mu Bubiligi, mbere y’uko ahaguruka muri iki gihugu aza muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, yabanje kugirana ikiganiro na Top FM Congo avuga ko adateze narimwe kuzicarana na M23 ngo babe bagirana ibiganiro, mu gihe uyu mutwe nawo warahiye ko igihe cyose hatarabaho ibiganiro ngo hakemurwe ibibazo ugaragaza, udateze kuzarambika imbunda hasi ko ahubwo uzakomeza kubohoza ubutaka bwa RDC kugira ngo ushakire Abanyekongo amahoro bagize igihe barabuze.

                MCN.
Tags: Ibyuburwayi bwa TshisekediVital Kamerhe
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Facebook yashyizeho uburyo abantu bashobora kwinjiza amafaranga bayikoresheje.

Facebook yashyizeho uburyo abantu bashobora kwinjiza amafaranga bayikoresheje.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?