Umwe mu Bayobozi Bakuru ba Iran Yandikiye Papa Leo XIV Amusaba Ubufasha mu Guhagarika Intambara mu Burasirazuba bwo Hagati
Mu gihe amakimbirane ya gisirikare hagati ya Iran, Israel, na Leta Zunze Ubumwe za Amerika akomeje gukwira mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati kuva tariki ya 28/03/2026, umwe mu bayobozi bakomeye mu bayobozi b’idini ya Islamu muri Iran yitabaje Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, asaba ko yakoresha ijwi rye mu gushishikariza amahoro.
Uyu muyobozi w’idini ni Ayatollah Seyed Mostafa Mohaghegh Damad Ahmadabadi, umwe mu bahanga bakomeye mu idini rya Islamu y’aba-Shia muri Iran. Mu ibaruwa ifunguye yandikiye Papa Leo XIV, yasabye ko yakwifashisha ububasha bwe bw’inyigisho z’iyobokamana n’ubw’inzego za dipolomasi kugira ngo ashishikarize umukuru w’igihugu cya Amerika kugabanya ubukana bw’intambara no kubahiriza amategeko mpuzamahanga.
Muri iyo baruwa, Ayatollah Damad yagaragaje ko amahoro ari inkingi ishingiye ku nyigisho z’amadini yose yizera Imana imwe. Yagize ati:
“Amahoro, ubutabera n’indangagaciro z’ubumuntu ni ubushake bw’Imana mu madini yose y’ukuri no mu bitabo byayo bitagatifu.”
Ariko kandi ntiyahwemye kwamagana ibitero byibasira abasivile n’ibikorwa remezo byagenewe abaturage, avuga ko hari ibikorwa byinshi byangije ibigo by’ubuvuzi, iby’ubushakashatsi n’ibigo bya siyansi, ibintu binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga arengera abasivile mu bihe by’intambara. Ni muri urwo rwego yasabye Papa kwibutsa umukuru wa Amerika inyigisho za Yesu Kristu zishingiye ku mahoro, kugira ngo hatagira andi maraso y’inzirakarengane ameneka.
Mu mitegekere ya politiki ya Iran ishingiye ku buyobozi bw’abayobozi b’idini rya Islamu (teokarasi), abayobozi bakomeye b’idini bazamuka binyuze mu bushakashatsi n’inyigisho ndende mu maseminari ya Islamu kugeza bageze ku rwego rwa Ayatollah. Ayatollah Damad azwi nk’umuntu woroheje mu bitekerezo kandi wubaka ibiganiro, akenshi ashyira imbere impinduka n’ubwiyunge.
Abasesenguzi bavuga ko mu myaka ishize yagiye anenga zimwe mu ngamba za politiki za Leta ya Iran, asaba ko habaho kwisuzuma ku mategeko akomeye ashingiye ku myemerere y’idini ashobora gutanya abaturage. Urugero ni aho yigeze kuvuga ko amateka ya Islamu atagaragaza ko Intumwa y’Imana Prophet Muhammad yigeze gukoresha ingufu mu gushyiraho itegeko ry’imyambarire ku bagore, harimo n’itegeko rya hijab ku gahato.
Ibaruwa yandikiye Papa Leo XIV si iya mbere yanditswe n’uyu Ayatollah igenewe Papa. Mu 2018, yandikiye Papa Francis, asaba ko yafasha kugaragaza ingaruka z’ibihano Amerika yafatiye Iran nyuma yo kuva mu masezerano ya kirimbuzi. Mu 2020, yongeye kumwandikira mu gihe icyorezo cya COVID-19 cyari cyugarije isi, amusaba gukoresha ijwi rya Kiliziya mu gusaba ko ibyo bihano byoroha kugira ngo abaturage ba Iran babone ibikoresho by’ubuvuzi.
Ibi bigaragaza ko Damad akunda gukoresha inzira z’ibiganiro hagati y’amadini n’ibihugu mu gushaka ibisubizo ku bibazo bya politiki n’ubutabazi bw’ikiremwamuntu.
Abasesenguzi bavuga ko ubutumwa bwa Damad bufitanye isano n’amateka maremare y’imikoranire hagati ya Vatican City n’abayobozi b’idini rya Islamu y’aba-Shia. Mu 2021, Papa Francis yakoze urugendo rw’amateka muri Iraq aho yahuriye n’umuyobozi ukomeye mu bayobozi b’aba-Shia, Grand Ayatollah Ali al-Sistani, mu mujyi mutagatifu wa Najaf. Icyo gikorwa cyari icya mbere Papa ahuye n’umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru mu idini rya Shia. Icyo gihe impande zombi zashimangiye ko ibiganiro hagati y’amadini bigamije kubaka amahoro, kubahana no guteza imbere ubwumvikane ku isi.
Nubwo ubutumwa bwa Damad bufite uburemere bw’iyobokamana, bamwe mu basesenguzi bavuga ko bigoye kumenya niba bushobora kugira ingaruka za dipolomasi mu rwego rwa politiki. Abahanga mu by’amadini n’umubano mpuzamahanga bavuga ko Vatican City ifite ijwi rikomeye mu bijyanye n’imyitwarire n’indangagaciro z’amahoro ku rwego mpuzamahanga, ariko ubushobozi bwayo bwo guhindura ibyemezo bya politiki by’ibihugu bikomeye bukomeza kuba buke.
Icyakora, ubutumwa nk’ubu bufatwa nk’ikimenyetso cy’uko hari bamwe mu bayobozi b’amadini bashaka ko amajwi y’amahoro yumvikana mu gihe isi iri mu bihe by’umwuka w’intambara.






