Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Umwe mu bayobozi bo muri AFC/M23, yatawe muri yombi muri Uganda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 10, 2024
in World News
2
Umwe mu bayobozi bo muri AFC/M23, yatawe muri yombi muri Uganda.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umwe mu bayobozi bo muri AFC/M23, yatawe muri yombi muri Uganda.

You might also like

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

Ni Polisi ya Uganda yataye muri yombi umuyobozi wo muri Alliance Fleuve Congo, ribarizwamo na M23, nyuma yuko yamufatiye mu nkambi ya Kyangwali iherereye mu karere ka Kikuu ashaka impunzi zo kwinjiza muri M23.

Uwatawe muri yombi ni David Baraka Elonga, asanzwe ari komiseri ushinzwe politiki muri AFC/M23. Yafashwe tariki ya 05/09/2024.

Igitangaza makuru cya ChimpReports, cyatangaje ko mu ibazwa rye yemeye ko yahaga raporo y’akazi ke Corneille Nangaa usanzwe ari umuhuzabikorwa w’ihuriro rya AFC.

Uyu wafashwe yahishuye ko yanakoreraga muri za teritware za Bunia na Djugu mu Ntara ya Ituri.

Umwe mu bayobozi b’inkambi yafatiwemo yatangaje ko yari yamaze kwinjiza muri M23 abantu 32, barimo n’abakobwa bane b’inkumi.

Yunzemo kandi ati: “Abasore bari bari bategereje imodoka ibajana muri RDC guhabwa imyitozo ya gisirikare.”

Uyu mugabo yatawe muri yombi mu gihe hari raporo y’umuryango w’Abibumbye ivuga ko M23 imaze igihe ishakira abarwanyi mu nkambi z’impunzi zo muri Uganda mu rwego rwo gukomeza igisirikare cyayo.

Ubu Polisi ya Uganda imukurikiranyeho icyaha cyo gucuruza abantu.

Uganda yamutaye muri yombi mu gihe Guverinoma ya Kinshasa, imaze igihe iyishinja gufatanya n’u Rwanda guha ubufasha M23.

Iby’ubwo bufasha kandi byanemejwe na raporo y’impunguke za LONI kuri RDC, n’ubwo ibyo birego Kampala yabiteye utwatsi.

             MCN.
Tags: Umuyobozi wa AFCYafatiwe muri Uganda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Auto Draft

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yari yarasezeranyije rubanda igihe cy'amatora ko azashyira ahagaragara amadosiye y'abantu bashinjwa ibyaha...

Read moreDetails

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zatangaje ko zigiye kurinda ikirere cya Ukraine, ivuga ko izakirindisha intwaro zikomeye. Byatangajwe na perezida Donald Trump, aho yabwiye itangazamakuru...

Read moreDetails

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria. Israel yakoze ibitero by'indege mu mujyi wa Damascus, umurwa mukuru w'igihugu cya Syria, ahanini byangiza inyubako zikomeye za gisirikare harimo na minisiteri...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo za RDC zirashinjwa kugaba ibitero mu baturage i Masisi.

Ingabo za RDC zirashinjwa kugaba ibitero mu baturage i Masisi.

Comments 2

  1. Maniragaba Buda Sibomana says:
    11 months ago

    Birumvikana Uganda yabikora kugirango igarurire leta ya Congo icyizere , kuko muriy’iminsi ntibacana uwaka, rero Uganda ishobora vu sacrifier Baraka Elonga

  2. Pacifique says:
    11 months ago

    Politique ni hatari buriya abaye igitambo cyabandi niba nabikoze bakamugambanira cyane cyane abacongo bari munkambi niza maneko za kisekedi

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?