
Undi musirikare ufite ipeti rya Colonel yacitse igisirikare ca Leta ya Republika ya democrasi ya Congo (Fardc) maze y’iyunga na M23.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 13.04.2023, saa 7:15 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru amaze kumenyekana nuko Colonel Oscar Ndabagaza yamaze gutoroka igisirikare ca Republika ya democrasi ya Congo (FARDC), Ndabagaza yakoreraga akazi ke ka Gisirikare muburasirazuba bw’iki gihugu ca Congo Kinshasa.
Nkuko Minembwe Capital News, yabwiwe ayamakuru byavuzwe ko Col Oscar Ndabagaza yaraheruka gutukwa numusirikare wari hejuru ye mungabo za FARDC amubwira ko ab’Atutsi ari Ubwoko bubi ibi bikaba biri mubyatumye Col Oscar Ndabagaza y’iyunga ningabo abenshi bakunze kuvuga ko zihetse isezerano arizo M23.
Col Oscar Ndabagaza, agiye mugihe hari hashize ukwezi kumwe Colonel Moïse Byinshi Gakunzi, nawe achitse igisirikare ca Leta ya Kinshasa nimugihe we yagaye Imikorere y’igisirikare ca FARDC aho yavuze ko ingabo za Republika ya democrasi ya Congo FARDC zikorana nimitwe ishinjwa kwica abaturage cane bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda (Tutsi), muriyo mitwe harimo Mai Mai ndetse n’a FDLR.
Mubasirikare bakuru bamaze kugaya Imikorere y’igisirikare ca FARDC, bagahitamo kugicika cangwa kugitoroka harimo Col Rukunda Makanika Michel, witandukanije na Fardc mumwaka wa 2019, aja kwiyunga nabaturage b’Irwanaho mumisozi miremire y’Imulenge homuri Kivu yamajyepho, nimugihe abaturage bomubwoko bw’Abatutsi (Banyamulenge), barimo kw’icwa n’inyeshamba zomumutwe wa Red tabara ndetse n’a mai Mai Bishambuke.
Nyuma ya Col Makanika hagiye undi witwa Colonel Charles Sematama waruyoboye régiment yarifite icicaro mubice byomuri Kivu yamajyaruguru, Sematama nawe yahise aja kwiyunga nabaturage b’Irwanaho mumisozi miremire y’Imulenge homuri Teritware ya Fizi.
Harinabandi basirikare Bari kurwego rwa ba Major, aha Twovuga nka Major Micho, nabandi bari bafite ipeti rya Lieutenant Colonel nka Mufoko nabandi.




