Urubyiruko rw’Abanye-Congo rwasabye umwanya mu Biganiro by’Igihugu
Komite Nyobozi ihagarariye urubyiruko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yasabye guhabwa umwanya mu biganiro by’Igihugu, inatangaza ko ishyigikiye gahunda ya Perezida wa Repubulika, Félix Tshisekedi, yo gutegura ibiganiro bihuza Abanye-Congo bose. Iyi komite ishimangira ko urubyiruko rugomba guhabwa umwanya ugaragara kandi rufite ijambo rikomeye muri ibyo biganiro, kugira ngo rutange umusanzu wubaka kandi urambye.
Ibi byatangajwe nyuma y’uko Perezida Tshisekedi yakiriye intumwa z’ihuriro ry’Abepisikopi Gatolika (CENCO) n’iry’Amatorero y’Abaporotesitanti (ECC), mu rwego rwo kuganira ku miterere n’inzira y’ibiganiro biteganyijwe. Izo nzego z’amadini zisanzwe zigira uruhare mu biganiro by’amahoro n’ubwiyunge muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, by’umwihariko mu bihe by’amakimbirane ya politiki n’umutekano muke.
Mu itangazo Komite y’Urubyiruko yashyize ahagaragara tariki ya 12/02/2026, yagaragaje ko itifuza kongera guhagararirwa cyangwa guhezwa. Ivuga ko yifuza kuba umufatanyabikorwa w’ingenzi mu ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro izafatirwa muri ibyo biganiro, kandi isaba ko ibyemezo bizafatwa bitazaba ibyo ku mpapuro gusa.
Bagize bati: “Turifuza kuzaba abagaciro k’ubupatriyote mu biganiro no kuba umusingi w’ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro. Ni bwo buryo bwonyine bwo kwirinda ko imyanzuro itazaba inyandiko gusa, igasigara ku mpapuro itagira ibikorwa.”
Urubyiruko ruvuga ko amateka y’ibiganiro byagiye bibera muri RDC agaragaza ko akenshi inyungu z’abanyapolitiki ari zo zishyirwa imbere, mu gihe ibibazo by’ingenzi bireba urubyiruko—nk’ubushomeri, uburezi budahagije, ubusumbane mu mahirwe, n’ubushobozi buke bwo kwinjira mu nzego zifata ibyemezo—bikomeza gusigara inyuma.
Iyi komite kandi yashimye icyemezo cyo gushyiraho Angola nk’umuhuza w’ibiganiro hagati y’impande zitandukanye zirebwa n’ibibazo bya Congo. Ibi bije mu gihe Angola isanzwe ifite uruhare rukomeye mu guhuza ibihugu byo mu karere ka Afurika yo Hagati n’iy’Iburasirazuba, by’umwihariko ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC.
Ku rundi ruhande, urubyiruko rwasabye bagenzi babo bari mu gihugu no mu mahanga (diaspora) kudakomeza kwiyambazwa nk’ibikoresho bya politiki, ahubwo bagaharanira kuba ijwi rimwe rifite intego, rirengera Repubulika, ubusugire bw’Igihugu n’ejo hazaza h’abaturage bose.
Perezida Félix Tshisekedi yashyizeho ibisabwa kugira ngo ibiganiro bishoboke. Yavuze ko bigomba kubera ku butaka bwa Congo kandi bikayoborwa n’inzego zatowe binyuze mu matora rusange, ashimangira ko izo nzego zitagomba gushyirwaho impaka cyangwa guteshwa agaciro.
Yanagaragaje ko atemera ko imitwe yitwaje intwaro cyangwa inyeshyamba zagira uruhare muri ibyo biganiro, ibintu byateje impaka zikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse no mu miryango imwe n’imwe ya sosiyete sivile. Abo batavuga rumwe na we basanga ibiganiro byuzuye bigomba kuba birimo impande zose, mu rwego rwo gushaka amahoro arambye.
Mu gihe ibiganiro by’Igihugu bigaragara nk’inzira ishobora gutanga igisubizo ku bibazo by’umutekano, politiki n’ubukungu byugarije RDC, haracyari impungenge ku bijyanye n’uburyo bizategurwa, abazabyitabira n’uburyo imyanzuro izashyirwa mu bikorwa.
Urubyiruko ruvuga ko rutazemera kongera kuba indorerezi mu gihe hafatwa ibyemezo bireba ejo harwo hazaza. Rwemeza ko igihe kigeze ngo “urubyiruko rube ku meza y’ibiganiro.”
Ibiganiro nibitegurwa neza kandi bikitabirwa mu buryo busesuye, bishobora kuba intambwe ikomeye iganisha ku bwiyunge, ku miyoborere irambye no ku mahoro arambye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ariko kandi, bizasaba ubushake bwa politiki, ukwizerana no gushyira imbere inyungu rusange kurusha inyungu z’itsinda runaka.






