
President wa Ukraine Volodymyr Zelensky, aheruka kugirira urungendo mubihugu birimo u Butaliano, Ubudagi, Ubufaransa ndetse n’Ubwongereza.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itarik 19.05.2023, saa 4:50 pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Bivugwa ko mubihugu bwana President wa Ukraine, aheruka kugenderera, aho yageze hose yagiye ahabwa icyizere cyo kuba inyuma yigisirikare cye.
Nkuko ayamakuru tuyakura kurubuga rwa Reuters, yemeza ko ibi bihugu yagendereye bamuhe indege z’intambara, ariko kugeza ubu nta gihugu kiremera kuzimuha mu buryo bugaragara.
President Zelensky, bikavugwa ko urugendo yagiriye muri Arabia Saudite rwabaye muburyo butunguranye nimugihe yari yamaze kumenya ko muriki gihugu hari inama y’abakuru b’ibihugu bigize ishirahamwe ry’Abarabu “Ligue Arabe.”
Akihagera yarakiriwe maze asaba abakuru b’ibyo bihugu gufasha Igisirikare cye kugarura impfungwa za poritike muri Crimee no mu zindi ntara zigarurirwe n’Uburusiya.
Yagize ati: “Ikibabaje, aha kw’isi, naha muri mwebwe harimwo, abirengagiza imbohe z’intambara, ikindi ntimwirengagize intara ya Crimea yometswe k’Uburusiya muburyo bunyuranyije n’amategeko kandi ndaha ngo umwe wese abibone nimurangiza mubishire mu nzira y’ukuri.”
Bigaragara neza ko urugendo rwe rwari ugushakisha imigenderanire myiza nibi bihugu bya Barabu, dore ko ibi bihugu bya Barabu haribyinshi bicuditse na President Vradimir Putin .
MU bihugu 22 bigize Ligue Arabe, Syria niyo yashigikiye ku mugaragaro igitero c’Uburusia kuri Ukraine – President wayo, Bashar al-Assad, akaba arinabwo bwa mbere abonetse muri iyo nama kuva intambara yubura muri Syria, imyaka 12 irarangiye.
Naho igihugu cy’igihangange muri ako karere, Arabia Saudite, ari nacyo cyatumiye Zelensky, cyagize impungenge cane ku kibazo cy’intambara muri Ukraine.
Icyo gihugu gishigikiye ingingo ya L’ONI yo gusaba ko Uburusiya buvana ingabo zabwo muri Ukraine.
Arabia Saudite iri mubihugu by’iburengerazuba byafatiye ibihano Uburusiya kubera gushora intambara muri Ukraine.




