
Urukiko Mpana byaha Mpuzamahanga rwa ICC rwashizeho impapuro zo guta muri yombi Président w’u Burusiya, Vladimir Putin rumushinja ibyaha byibasiye inyokomuntu muri Ukraine.
Namakuru Minembwe Capital News, ikesha Radio BBC, akaba yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 17.03.2023, kwisaha ya 8:24Pm kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Kuri uri uyu wa Gatanu, tariki 17.03.2023, Urukiko mpana byaha rwa ICC, rwashize itangazo hanze ko rwamaze gusohora impapuro zo guta muri yombi Président Vladimir Putin w’u Burusiya, ushinjwa ibyaha by’intambara mugihugu ca Ukraine.
Ni ibyaha “CPI” imushinja kugiramo uruhare kuva mumwaka ushize wa 2022, ubwo Ingabo z’igihugu cye zashozaga intambara kugihugu ca Ukraine.
Itangazo ryashishizwe hanze nuru rukiko rivuga riti: “Uyu munsi tariki 17.03. 2023, uru kiko mpana byaha rwa ICC rwasohoye impapuro zo guta muri yombi abantu babiri bakekwaho gukorera ibyaha muri Ukraine: 1. Vladimir Vladimirovich Putin 2. Madamu Maria Alekseyevna Lvova-Belova.”
uruhare mu cyaha cy’intambara cyo kuvana abaturage (abana) no kubatwata mu buryo butemewe n’amategeko nyuma yo kuvanwa mu bice byigaruriwe muri Ukraine bakajyanwa mu Burusiya.”
Alekseyevna ureganwa na Perezida Putin ni Umurusiyakazi usanzwe akuriye Komisiyo ishinzwe uburenganzira bw’abana mu gihugu cye.
Vradimir Putin, Ashinjwa kuba umucurabwenge cangwa se umunyamayeri wo kuvana abana benshi ku butaka bwa Ukraine bakajyanwa mu Burusiya, gusa we ahakana ibyo birego avuga ko ibyo yakoze ari ukurokora abana b’abanya-Ukraine bashoboraga kugirwaho ingaruka n’intambara.
Ariko amakuru dukesha iyi Radio yabafaransa RFI, ivuga ko kugeza ubu ntacyo u Burusiya burabivugaho, iyi Radio yavuze ko “kuruhande rwabegamiye kuri Président Vradimir Putin ntaco baratangaza kubijanye nitangazo rya ICC.”
Kugeza ubu kandi ntibiramenyekana niba President Vladimir Putin azatabwa muri yombi akajya kuburanishirizwa i La Haye mu Buholandi.




