Urupfu rwa Odinga rutumye hatumizwa inama y’ikubagahu muri Kenya
Perezida William Samue Ruto wa Kenya, yatangaje ko yahamagaje inama y’inama nkuru y’umutekano wa Leta nyuma y’urupfu rwa Raila Odinga.
Ni nama yatangaje mu gihe muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 15/10/2025 byamenyekanye ko Raila Odinga yitabye Imana.
Iyi nama nk’uko amakuru abigaragaza igamije gusuzuma umutekano w’igihugu no gushyiraho ingamba zihamye mu guhangana n’ingaruka zaturuka ku rupfu rwa Raila Odinga, ndetse kandi no gukomeza kubungabunga amahoro n’umutekano mu turere twose tw’igihugu.

Uyu mukuru w’iki gihugu cya Kenya, yanagaragaje ko urupfu rwa Raila Odinga ari igihombo gikomeye ku gihugu, asaba abaturage kwicisha bugufi no kubahiriza amategeko mu bihe bikomeye igihugu kiri gucamo.
Amakuru avuga ko Raila Odinga yitabye Imana azize indwara, aho yaguye mu Buhinde aho yarimo yivuriza.
Uyu mugabo yabayeho minisitiri w’intebe wa Kenya, ndetse kandi yanahatanye inshuro nyinshi ku mwanya w’u mukuru w’igihugu.
Yari anakuriye ishyaka rya Orange Democratic Movement (ODM). Yapfuye ku myaka 80 y’amavuko.
