
Uruzi rwa Karyamabenge rwaturitse amazi yinjira mumazu yangiriza byinshi muri Uvira ho muri Kivu Yepho.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 18.04.2023, saa 9:00 AM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, dukesha abaturiye Uvira muntara ya Kivu yamajyepho mugihugu ca Republika ya democrasi ya Congo (RDC), nuko mwirijoro ryo kuwambere buca ari kuwakabiri haguye imvura ninshi bituma yangiriza amazu nibintu biri munkengero zurwo ruzi.
Nkuko byavuzwe nabaturiye ako gace bagize bati: “Imvura yaguye arininshi bitera uruzi rwa Karyamabenge guturika, maze amazi yinjira mumazu yabaturage baturiye uruzi rwa Karyamabenge.”
Byavuzwe ko ayamazi yarimo yinjira mumazu Imbere akangiriza ibintu harimo ibiryo ndetse nabimwe mubintu bitunzwe nkama Television nibindi, ikindi cavuzwe nuko harinamazu yasenyutse.
Harundi watanze ubuhamya avuga ko abantu benshi batigeze baryama yagize ati: “Abantu bamwe baraye bahunze berekera muma karitye atagezemo iryosanganya, abandi baraye hafi nakaryama benge bacungera ibintu kugira bitibwa.”
Abaturiye Uvira banavuze ko ibi bitabaye ubwambere ngo kuko mumyaka yashize iki cago congeye gutera hapfa abantu benshi , gusa ibyaraye bibaye ntabantu baratangazwa ko boba bapfuye ariko uwaduhaye iyinkuru yavuzeko atahamyako hobura abo iryosanganya ryahitanye.





This is the right blog for everyone who wants to find out about this topic. You understand so much its almost hard to argue with you (not that I personally would want toÖHaHa). You certainly put a new spin on a topic thats been written about for decades. Wonderful stuff, just great!