Uruzinduko rwa Kiyana muri Afrika rwakuye umutima benewabo.
Kiyana Seba wamenyekanye cyane cyane ku izina rya Munigantama, akaba atuye muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika uruzinduko yagiriye i Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi, bivugwa ko “rwateye ubwoba bamwe mu Banyamulenge benewabo batuye aha i Bujumbura.”
Ni amakuru akubiye mu nyandiko twahawe kuri Minembwe Capital News, aho izo nyandiko zihishyura ko Munigantama kugera kwe i Bujumbura yakiriwe n’abo ziriya nyandiko zise Abanyakagara, ndetse kandi ngo bakorana n’ibiganiro bidasanzwe.”
Nk’uko izo nyandiko zibivuga zigira ziti: “Muningantama ari aha i Bujumbura. Yakiriwe na Nyamusaraba, Bishop Rushika na Ruhorimbere Cyato.”
Nta gihe izi nyandiko zigaraza uyu mugabo yoba yaragereye i Bujumbura avuye muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika aho asanzwe atuye mu myaka ibarirwa mu icumi irenga.
Gusa, zigira ziti: “I Bujumbura ahamaze iminsi mike, kandi iyo amaze yose ari mukiyikoranamo ibiganiro n’abantu batandukanye.”
Ibiganiro bivugwa ko Munigantama ari gukoresha i Bujumbura, harimo ibyo akorana n’abasirikare baho, ndetse ibindi akabikorana n’Abanyamulenge bagikorera mu kwaha k’u butegetsi bw’i Kinshasa.
Ziriya nyandiko zikomeza zigira ziti: “Ku cyumweru bari kuri Croix-Rouge muri 7 mu Ngagara. Aha bakoranye ibiganiro n’abasirikare b’i Burundi.”
Aya makuru anagaragaza ko hari Abanyamulenge batuye i Bujumbura bagambiriwe gufungishwa kuri Leta ya Gitega.
Ati: “Har’abantu nka bane bari Sible. Bavuze ko bagomba gufungishwa.”
Ibi bikaba byakuye umutima Abanyamulenge bamaze kumenya aya makuru, nk’uko izo nyandiko zikomeza zibivuga.
Hari aho zagize ziti: “Abanyamulenge bagomba kuba maso kuko uhiga ubuzima bwabo adatuje.”
Hejuru y’ibyo, byavuzwe ko Ruhorimbere Cyato uyu munsi yahise yambuka i Uvira, kandi ko yagiye kubonana na Wazalendo baho.
Ati: “Mu kanya twamenye ko Ruhorimbere Cyato yambutse Uvira. Yagiye atumwe(delegue) n’iritsinda ryo kwa Kiyana. Agiye kubonana na Wazalendo.”
Ikinyamakuru cya Kivu New kiri mubyatangaje aya makuru cyo kivuga ko bariya bagabo bose ko bashobora kuba bambutse i Uvira, nubwo ziriya nyandiko zo zigaragaza gusa ko hambutse Ruhorimbere Cyato.