• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, September 4, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Uvira byakomeje kudogera abatari bake bakomerekejwe abandi bafunzwe

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 3, 2025
in Conflict & Security
0
Uvira byakomeje kudogera abatari bake bakomerekejwe abandi bafunzwe
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uvira byakomeje kudogera abatari bake bakomerekejwe abandi bafunzwe

You might also like

Igitero gishya cya FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri

Uvira: Uduce twaraye tuvugiramo ibiturika, ni natwo bivugwa ko turimo a Wazalendo b’ukuri, ni nabo kandi badashaka Gen Gasita

Uwateye ku Bilalombili no mu Rugezi yasubijwe inyuma

Uyu n’umunsi ugira gatatu i Uvira ibyaho bikomeza kuba bibi, nyuma y’aho General Olivier Gasita ahatumwe na Leta y’i ki gihugu, ariko Wazalendo bakavuga ko batamushaka, ibyatumye harushaho kuba umwuka mubi n’abantu bakaba bakomeje gufungwa abandi bagakomeretswa harimo n’abishwe.

Ejo bundi ku wa mbere tariki ya 01/09/2025, ni bwo Gen. Gasita yasesekaye i Uvira aturutse i Bujumbura mu Burundi, akaba yarahageze mu ibanga rikomeye kubera ko Wazalendo batamushakaga.

Bamushinja ubugambanyi kandi bakamuziza ko ari Umunyamulenge.

Leta ye yahamutumye kuyobora ingabo zayo zihari, ariko ibi Wazalendo bavuga ko bitazakunda.

Uretse kuba bamushinja ubugambanyi banavuga ko ari mubatumye umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara ya Kivu y’Amajyepfo n’iki gice cya Uvira giherereyemo ubohozwa na AFC/M23/MRDP mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Nk’uko byasobanuwe n’uko aha’rejo abarimo Abanyamulenge barafunzwe mu gihe abandi n’abo harimo abakomeretse n’abapfuye.

Ubuhamya bugira buti: “Hano mu mujyi wa Uvira hiriwe umutekano muke cyane, kandi n’abantu ntibari kuva mu mazu. Sina kubwira hiriwe akavuyo kenshi, habaye ku manywa bavuga ko hari umwana w’umukobwa Wazalendo bajanye, abandi bazakuvuga ko hari n’umugabo witwa Kagigi w’Umunyabyinshi na we bafunze.”

Bukomeza bugira buti: “Hari n’umusirikare wa FARDC warashwe na Wazalendo arapfa, bamurasiye ahitwa Kiromoni. Ariko n’ahitwa i Gakungwe FARDC na yo yahatsinze Umzalendo ikomeretsa undi bikabije.”

Ubu buhamya bukomeza buvuga ko umuhana wa Uvira urimo ibintu bibi cyane, ati: “Rwose bimeze nabi, hari n’uduce tumwe abasirikare ba Leta bahereremo uburyo bwo kubageraho bwabuze, ibiri gutuma baribwa n’inzara.”

Ikindi ni uko sosiyete sivili yo muri iki gice yatanze amatangazo, imenyesha Wazalendo n’urubyiruko rwaho kwitegurira uyu munsi ku wa gatatu tariki ya 03/09/2025, kuzindukira mu myigaragambyo yo kwa magana General Olivier Gasita.

Muri ayo matangazo bavuga ko batamushaka iwabo muri Uvira, ngo kuko ari Umunyarwanda, kabone n’ubwo atari we.

Ariko kugeza ubu amakuru dufite nuko undi na we yakaniye, yavuze ko atawuvamo, ibishobora gutuma havuka imirwano ikomeye hagati ya FARDC na Wazalendo.

Kimwecyo amakuru amwe avuga ko yawuvuyemo, ndetse ko yamaze kugera i Kindu aho yaje aturuka, ariko ay’ukuri nuko akiwurimo.

Hagataho, turakomeza gukurikirana aya makuru umwanya uwo ari wo wose.

Tags: Bikomeje kuba bibiUviraWazalendo
Share36Tweet23Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Igitero gishya cya FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Igitero gishya cya FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri

Igitero gishya cya FARDC, FDLR n'Ingabo z'u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri Ihuriro ry'ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ririmo FARDC, FDLR, ingabo z'u...

Read moreDetails

Uvira: Uduce twaraye tuvugiramo ibiturika, ni natwo bivugwa ko turimo a Wazalendo b’ukuri, ni nabo kandi badashaka Gen Gasita

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Uvira: Uduce twaraye tuvugiramo ibiturika, ni natwo bivugwa ko turimo a Wazalendo b’ukuri, ni nabo kandi badashaka Gen Gasita

Uvira: Uduce twaraye tuvugiramo ibiturika, ni natwo bivugwa ko turimo a Wazalendo b'ukuri, ni nabo kandi badashaka Gen Gasita Mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kane...

Read moreDetails

Uwateye ku Bilalombili no mu Rugezi yasubijwe inyuma

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Uwateye ku Bilalombiri no mu Rugezi yasubijwe inyuma Ibitero by'ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo byazindutse bigabwa mu bice bya Bilalombiri mu Mikenke muri teritware ya...

Read moreDetails

Amakuru y’ukuri y’abasirikare b’u Burundi bazamutse imisozi y’i Mulenge, aho bagiye kwica abaho

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
Amakuru y’ukuri y’abasirikare b’u Burundi bazamutse imisozi y’i Mulenge, aho bagiye  kwica abaho

Amakuru y'ukuri y'a basirikare b'u Burundi bazamutse imisozi y'i Mulenge, aho bagiye kwica abaho Nyuma y'aho bigize iminsi bivugwa ko ingabo z'u Burundi ziri koherezwa mu Burasirazuba bwa...

Read moreDetails

RDC yahagaritse inkunga ku banyeshuri bigira mu bice byabohowe na AFC/M23/MRDP

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
RDC yahagaritse inkunga ku banyeshuri bigira mu bice byabohowe na AFC/M23/MRDP

RDC yahagaritse inkunga ku banyeshuri bigira mu bice byabohowe na AFC/M23/MRDP Repubulika ya demokarasi ya Congo, yatangaje ko yahagaritse inkunga ku banyeshure biga ku mashuri abanza aherereye mu...

Read moreDetails
Next Post
Umunya-kenya yiciwe muri RDC azira gusa n’Abatutsi

Umunya-kenya yiciwe muri RDC azira gusa n'Abatutsi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?