
Kuruyu wa kabiri, i Buvira, ho muntara ya Kivu yamajyepho muri Republika ya Democrasi ya Congo (RDC), hateraniye inama ihuza abayobozi batandukanye.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 25.04.2023, Saa 7:40 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, dukesha abaturiye Uvira, nuko kuruyu wakabiri i Buvira hateraniye inama ihuza abayobozi baturiye ikiyaga Tanganika, muriyo nama bize kukibazo kijanye nokubungabunga iki Kiyaga.
Nkuko Minembwe Capital News, yabwiwe ayamakuru byavuzwe ko muriyo nama harimo Mayor wa Uvira arinawe wabashe kwakira bagenzibe barimo Mayor wa Baraka, Mayor wa Kalemi ndetse nabandi bayobozi bavuye Moba na Fizi.
Mubibazo byabashe kwigwa harimo ko ikiyaga Tanganika bahagarika abarobyi, igihe kingana namezi atatu(3), bikaba biva kumpamvu ko ikiyaga Tanganika kitagitanga umusaruro mwiza kubijanye n’Indagara.
Mubyo aba bayobozi baturiye ikiyaga Tanganika bashinja abarobyi bavuga ko abarobyi baroba burimunsi buzira gusiba, ikindi bakarobesha ico bise “Fille M’ayant” ikaba iri mubyica indagara kuburyo bwihuse.
Uwatanze ayamakuru yagize ati : “Tanganika isigaye itanga umusaruro utari mwiza bari mugufata udufi bita “Uduhwija” udufi duto cane biva kukuroba badasiba ifi ntizibashe gukura, kuko batazihaye umwanya ngo zikure.”
Inama yabayobozi bakaba bemezanije ko kwitariki 15.05.2023, abarobyi kumpande zose ariho bazahagarikwa kuroba bakazongera gusubukura iki gikorwa nyuma yamezi atatu.
Gusa abaturage ba Uvira ntibishimiye ko Abarobyi bahagarikwa kuko abenshi niho bakura ifunguro ryaburimunsi nkuko Minembwe Capital News yabwiwe ayamakuru. Bikanavugwa ko aba Baturage bahise bategura imyigaragambyo yokwamagana iyimnzuro yabayobozi, isaba ko Abarobyi bahagarika kuroba.




