Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Uwahoraga avuga ko azica perezida wa Amerika Joe Biden, yishwe arashwe na FBI.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 19, 2024
in World News
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umugabo wahoraga avuga ko azica perezida Joe Biden muri Utah yarashwe na FBI arapfa mbere yuko Biden agera murako gace .

You might also like

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 13/08/2023, saa 9:10Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Craig Deleeuw Robertson, wari mu kigero cy’imyaka 70, yapfuye ubwo abakozi badasanzwe ba FBI bagaba igitero iwe kugira ngo bamufate i Provo, mu majyepfo y’Umujyi wa Salt Lake City.

Bwana Perezida Biden yahise asobanurirwa icyo gitero akiri muri New Mexico, mbere yuko yerekeza muri Utah.

Amafoto yashyizwe ahagaragara na Robertson ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga ko afite imbunda zirimo ibikoresho bya Sniper ndetse n’izindi mbunda zitandukanye zikoresha ikoranabuhanga ry’ifashishwa muriki gihe. Yarafite kandi n’ibikoresho bya kamera bizwi ku izina rya “koti ya ghillie.”

Abayobozi bakora mw’iperereza batangiye kumukoraho iperereza kuva mukwezi kwa Mbere uyu mwaka.

Mbere yuko iki gitero kigabwa kwa Robertson, abashinjacyaha bari batanze ikirego ku mucamanza mukuru ko Robertson akora itera ubwoba kuri perezida w’igihugu, ndetse ko anashira igitsure kubashinzwe kurinda perezida Joe Biden.

Imbuga nkoranyambaga zakoreshwa ga na Robertson zagiye zigaragaza ibyo yifuza akoresheje inyandiko aho yakangishaga Joe Biden ko azamwica. Yongeye kugaragara akangisha Visi perezida wa Amerika Kamala Harris, ibi yabikoraga akoresheje inyandiko kumbuga nkoranya mbaga.

Nyuma y’urupfu rwa Robertson, Bwana Biden yahise asura uburengerazuba bwa Amerika akaba yari ateganijwe guhaguruka mu ijoro ryo ku wa gatatu avuye Albuquerque, muri New Mexico, yerekeza mu mujyi wa Salt Lake City.

Ku wa mbere, ku rubuga nkoranyambaga, Robertson yaranditse ati: “Ndumva Biden aje muri Utah. Reka noze umukungugu ku mbunda ya M24 ya sniper. umukunzi mukuru araje maze mwirenze!”

Mu nyandiko za Robertson, yagiye yandika kumbuga nkoranyambaga harimo izo yanditse mukwezi kwa Cyenda(9) umwaka ushize , yaranditse ati: “Igihe kirageze kugira ngo perezida yicwe cyangwa abure. Nzabanza Joe Biden nyumaye nzica Kamala Harris !!!”

Mu kirego uwishwe arashwe Robertson, ashinjwa harimo amashusho yari yashyize ahagaragara ku mbunda ye, harimo n’imbunda imwe yifashisha yise “Demokarasi.”

Yateye ubwoba kandi umushinjacyaha mukuru wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Merrick Garland n’umushinjacyaha mukuru wa New York, Letitia James.

Mubusanzwe Robertson, yari umucuruzi wo gukora ibiti. Ku mbuga nkoranyambaga we ubwe yavuze ko yari amaze imyaka 45 akora nk’umugenzuzi w’ibyuma no gusudira mbere yo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru no gutangiza ubucuruzi bwo gukora ibiti, buzobereye mu “gushushanya ibicuruzwa.”

Urwego rw’ingabo zishinzwe kurinda perezida w’ Amerika, rwatangaje ati: “Tuzi ko iperereza rya FBI ririmo gukorwa kumuntu umwe gusa! Muri leta ya Utah wagaragaje iterabwoba ku bashinzwe umutekano.”

Robertson, mubindi yakoraga yagaragaza ga amashusho y’imbunda atunze iwe murugo.
Umuvugizi wa FBI yagize ati: “FBI ifatana uburemere ibintu byose byo kurasa birimo abakozi bacu cyangwa itsinda ry’abakozi.”

Robertson kandi yari yarateye ubwoba umushinjacyaha w’akarere ka Manhattan, Alvin Bragg.

Mu mbuga nkoranyambaga imwe murizo yasobanuye ko Robertson yavuze ko arihafi kwerekeje i New York kugira ngo “aje gusohoza inzozi ze zokugirira nabi abo yifuza barimo abategetsi.”

Igitero cya FBI cyabaye saa kumi n’ebyiri n’igice za mu gitondo (6.30Am) ku wa gatatu. Kigabwa kurugo rwa Robertson maze aza kwicwa arashwe!

Robertson yari y’itwaje imbunda igihe abakozi ba FBI bageraga iwe murugo. Nyuma Idirishya ry’inzu ye ryari ryamaze kw’ikingura arinaho baboneye ubufasha barasa muciciro Robertson.

Tags: BidenFBIUwahoraga avuga ko azicaYishe
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails

U Bubiligi bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwafashe, umwe mu bayobozi b’u Rwanda ararushimira.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0

U Bubiligi bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwafashe, umwe mu bayobozi b'u Rwanda ararushimira. U Bubiligi bwemereye ishirahamwe ry'abakinyi bisiganwa ry'amagare kwitabira shampiyona (champion) y'isi iteganyijwe kubera i Kigali...

Read moreDetails
Next Post

Mali and France have indefinitely suspended the issuance of Visas to their nationals.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?