• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

minebwenews by minebwenews
August 18, 2025
in Regional Politics
0
Uwanze kumva ntiyanze no kubona.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Umusesenguzi Girinka William Kabare uwo twaherukaga kuri Minembwe Capital News mu ntangiriro z’uyu mwaka yongeye kugaruka, maze avuga ko avuga kuri Repubulika ya demokarasi ya Congo ihora ishotora abaturanyi bayo, ngo cyane cyane Repubulika ya Kenya, Uganda n’u Rwanda.

Ni ubusesenguzi Girinka William Kabare yakoze akoresheje inyandiko, aho yaraye aziduhaye mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa mbere tariki ya 18/08/2025.

Yatangiye agira ati: “Urebye kuva perezida William Ruto yagera kubutegetsi muri Kenya, RDC yagiye ibangamira ubuyobozi bwe, hari n’ubwo itanga amafaranga ikayaha abaturage bakigaragambya bamagana ubutegetsi bwe. Ukibaza impamvu RDC ibangamira imiyoborere y’ibihugu by’ibituranyi, bikakukuyobera.”

Yavuze ko iyo itamaganye Kenya yamagana Uganda, uti naho u Rwanda rwo yarugize nk’umuturanyi w’Umwonesheji!!!!

Aha niho yahise yibaza iki kibazo kigira kiti: “Ese RDC abaturanyi bayo bose bo muri Afrika y’i Burasirazuba bose ni babi, uretse u Burundi?” Igisubizo natanga ni “Oya,” kubera ko ahubwo u Burundi nibwo bwonyine bugendera mu mafuti ya RDC, bushigikira ubwicanyi ikorera abanyagihugu bayo, kandi nabwo bucyumbikiye umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Avuga ko RDC n’u Burundi kwaribyo bihugu bibiri byonyine bidatanga n’umusanzu muri EAC, bityo ngo ni ibihugu bifite amafuti areshya.

Yavuze kandi ko ubwo Uganda yafunguraga imipaka iyihuza na RDC mu bice bigenzurwa na AFC/M23, nabwo byarayibabaje, avuga ko ibyo Uganda yabikoze kubw’impuhwe z’abaturage.

Umusesenguzi Girinka William Kabare yakomeje avuga ko RDC itagomba kwigiza nkana, ngo yibagirwe ko ari yo izigumura abaturage ba Kenya kwanga ubutegetsi bwa perezida William Ruto.

Ninaho yavuze ko Kenya kuba yashyigikira umutwe wa M23 bitagomba kuba ikosa kuri yo, ahubwo ngo bikwiye kuba uburangare bwa RDC.

Avuga ko Kivu zombi zifite abaturage barenga miliyoni 20, kandi ko begereye Kenya kuruta uko begera Kinshasa, bityo inyungu Kenya yagirana na Kivu ziruta kure izo yagirana na Kinshasa.

Rero, avuga ko uhitamo umukunzi ubanza kureba inyungu, ati: “Iyo uhitamo umukunzi ubanza kureba icyo mumaraniye. Ntabwo wahitamo ibitagufitiye inyungu.”

Girinka William Kabare yakomeje avuga ko ajyababazwa na Kivu y’Amajyepfo yahindutse nk’akarima ku Burundi kubera inyungu za perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we Evariste Ndayishimiye.

Avuga ko Kenya ari igihugu kizi gushyira ibintu mu gaciro, ati ndetse ibindi bihugu byakagombye kuyigiraho, nabyo bigaha agaciro AFC/M23/MRDP-Twirwaneho.

Avuga ko hari ibihugu byo muri Afrika byagiye bivuka we areba, ashyiramo Eritrea, Sudan y’Epfo, ndetse ashimangira ko na Shara y’iburengerazuba izaba igihugu, maze agira ati: “Kuki Kivu yo itaba igihugu? Tshisekedi ni ingumba itabyara? Cyangwa RDC ni nto ku buryo itamanyagurwa?”

Yasoje avuga ko adashobora kurekura kwirwanaho, ngo kuko yamenye neza ko ari byo se w’imigisha, ndetse ko ari yo mahitamo meza.

Tags: BurundiKenyaRdcRwandaUbusesenguziUganda
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?