• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, August 18, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 18, 2025
in Regional Politics
0
Uwanze kumva ntiyanze no kubona.
72
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

You might also like

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

Abanyamulenge ba bwiwe ko ntayandi mahitamo basigaranye usibye kwirwanaho.

Umusesenguzi Girinka William Kabare uwo twaherukaga kuri Minembwe Capital News mu ntangiriro z’uyu mwaka yongeye kugaruka, maze avuga ko avuga kuri Repubulika ya demokarasi ya Congo ihora ishotora abaturanyi bayo, ngo cyane cyane Repubulika ya Kenya, Uganda n’u Rwanda.

Ni ubusesenguzi Girinka William Kabare yakoze akoresheje inyandiko, aho yaraye aziduhaye mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa mbere tariki ya 18/08/2025.

Yatangiye agira ati: “Urebye kuva perezida William Ruto yagera kubutegetsi muri Kenya, RDC yagiye ibangamira ubuyobozi bwe, hari n’ubwo itanga amafaranga ikayaha abaturage bakigaragambya bamagana ubutegetsi bwe. Ukibaza impamvu RDC ibangamira imiyoborere y’ibihugu by’ibituranyi, bikakukuyobera.”

Yavuze ko iyo itamaganye Kenya yamagana Uganda, uti naho u Rwanda rwo yarugize nk’umuturanyi w’Umwonesheji!!!!

Aha niho yahise yibaza iki kibazo kigira kiti: “Ese RDC abaturanyi bayo bose bo muri Afrika y’i Burasirazuba bose ni babi, uretse u Burundi?” Igisubizo natanga ni “Oya,” kubera ko ahubwo u Burundi nibwo bwonyine bugendera mu mafuti ya RDC, bushigikira ubwicanyi ikorera abanyagihugu bayo, kandi nabwo bucyumbikiye umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Avuga ko RDC n’u Burundi kwaribyo bihugu bibiri byonyine bidatanga n’umusanzu muri EAC, bityo ngo ni ibihugu bifite amafuti areshya.

Yavuze kandi ko ubwo Uganda yafunguraga imipaka iyihuza na RDC mu bice bigenzurwa na AFC/M23, nabwo byarayibabaje, avuga ko ibyo Uganda yabikoze kubw’impuhwe z’abaturage.

Umusesenguzi Girinka William Kabare yakomeje avuga ko RDC itagomba kwigiza nkana, ngo yibagirwe ko ari yo izigumura abaturage ba Kenya kwanga ubutegetsi bwa perezida William Ruto.

Ninaho yavuze ko Kenya kuba yashyigikira umutwe wa M23 bitagomba kuba ikosa kuri yo, ahubwo ngo bikwiye kuba uburangare bwa RDC.

Avuga ko Kivu zombi zifite abaturage barenga miliyoni 20, kandi ko begereye Kenya kuruta uko begera Kinshasa, bityo inyungu Kenya yagirana na Kivu ziruta kure izo yagirana na Kinshasa.

Rero, avuga ko uhitamo umukunzi ubanza kureba inyungu, ati: “Iyo uhitamo umukunzi ubanza kureba icyo mumaraniye. Ntabwo wahitamo ibitagufitiye inyungu.”

Girinka William Kabare yakomeje avuga ko ajyababazwa na Kivu y’Amajyepfo yahindutse nk’akarima ku Burundi kubera inyungu za perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we Evariste Ndayishimiye.

Avuga ko Kenya ari igihugu kizi gushyira ibintu mu gaciro, ati ndetse ibindi bihugu byakagombye kuyigiraho, nabyo bigaha agaciro AFC/M23/MRDP-Twirwaneho.

Avuga ko hari ibihugu byo muri Afrika byagiye bivuka we areba, ashyiramo Eritrea, Sudan y’Epfo, ndetse ashimangira ko na Shara y’iburengerazuba izaba igihugu, maze agira ati: “Kuki Kivu yo itaba igihugu? Tshisekedi ni ingumba itabyara? Cyangwa RDC ni nto ku buryo itamanyagurwa?”

Yasoje avuga ko adashobora kurekura kwirwanaho, ngo kuko yamenye neza ko ari byo se w’imigisha, ndetse ko ari yo mahitamo meza.

Tags: BurundiKenyaRdcRwandaUbusesenguziUganda
Share29Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni, General Kainarugaba Muhoozi yerekanye...

Read moreDetails

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

by Bruce Bahanda
August 17, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n'u mutwe wa FDLR. U Rwanda rubinyujije kuri minisitiri warwo w'ubanye n'amahanga, Olivier Nduhungurehe, rwatangaje ko ibikorwa by'umutwe w'iterabwoba wa FDLR ruruteye inkenke...

Read moreDetails

Abanyamulenge ba bwiwe ko ntayandi mahitamo basigaranye usibye kwirwanaho.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Abanyamulenge bagiye kwibuka ku nshuro ya 21 ababo baguye mu Gatumba.

Abanyamulenge ba bwiwe ko ntayandi mahitamo basigaranye usibye kwirwanaho. Mu muhango wo kwibuka Abanyamulenge biciwe mu Gatumba mu mwaka wa 2004 mu gihugu cy'u Burundi bavuze ko basanga...

Read moreDetails

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu. Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi n'umugaba mukuru w'Ingabo z'icyo gihugu, General Prime Niyongabo, bararebana ay'ingwe bapfa amabuye...

Read moreDetails

Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

Intambara ihuza ingabo za RDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda nazo ngo zishobora kuyinjiramo, soma Inkuru irambuye. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko mu gihe...

Read moreDetails
Next Post
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?