Uwashinjwaga kuba ishyano ku Banya-Bibogobogo ntakiriho.
Kijeyi wari umu-Mai Mai wibaga Inka n’ihene z’Abanyamulenge bo mu gace ka Bibogobogo ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yapfuye.
Aha’rejo ku wa mbere tariki ya 16/06/2025, ni bwo amakuru y’urupfu rwa Kijeyi yagiye hanze, avuga ko yishwe arozwe n’Abapfulero.
Kijeyi uyu wapfuye ku munsi w’ejo ku wa mbere yari mwene Biruga wo mu bwoko bw’Abafulero.
Nk’uko amakuru abigaragaza yar’amaze iminsi mike arwaye.
Ubushize yavanywe mu ibanga rikomeye iyo yakoreraga mu mashyamba. Azanwa kugira ngo avuzwe n’imiti y’ibihuru izwi nk’imiti gakondo.
Aya makuru anagaragaza ko yari yazanwe ahitwa mu Mugunga agace kamwe mu duce twinshi tugize Bibogobogo.
Ku bw’amahirwe make, iriya miti ntacyo yamumariye kuko yahise avamo umwuka w’abazima.
Ubuhamya bugira buti: “Yari yarozwe, indwara z’abapfulero n’izo zimuhitanye.”
Bukomeza bugira buti: “Twebwe nk’Abanyamulenge yari umuntu utugoye cyane. Yatwibaga ibitungwa byacu. Kandi yajanaga n’inka azinyaze. Yari yarigize ishyano.”
Aya makuru akomeza avuga ko umurambo we ushobora kuba warashinguwe ku mugoroba w’ahar’ejo. Kandi ngo yashyinguwe mu Magunga.