
Uwiyita General Autoproclamé Nyakiriba, yamaze kwishira mumaboko y’Ingabo za Republika ya democrasi ya Congo (FARDC), muri Kivu Yepfo.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 08.04.2023, saa 10:00 AM, kamasaha ya Bukavu na Minembwe.
Nkuko twabibwiwe Kuri Minembwe Capital News, nuko uwahoze munyeshamba zo mumutwe wa Mai Mai, akaba yahoraga yiyita General bwana Autoproclamé Nyakiriba, yiyunze ningabo za FARDC zomuri 33ème Region Militaire, i Bukavu kumurwa mukuru w’Intara ya Kivu yamajyepho mugihugu ca Republika ya democrasi ya Congo.
Uwiyita General Autoproclamé Nyakiriba, akimara kugera mungabo za 33ème Region Militaire yahawe amabwiriza ko bibujijwe kwiyita General.
Bagize bati : “Bihanwa namategeko kwiyita General utariwe.”
Uwiyita General Autoproclamé Nyakiriba, arimunyeshamba zishinjwa ubwicanyi ndenga kamere bwabaye mumyaka yashize mugace ka Kasika muri Teritware ya Mwenga muntara ya Kivu yamajyepho mugihugu ca Republika ya democrasi ya Congo (RDC).
Gen Nyakiriba, yaramaze imyaka irenga 25 mwishamba, avuka i Kamituga ho muri Teritware ya Mwenga, muntara ya Kivu yamajyepho, yageze mumaboko yingabo za FARDC zifite i Kambi yagisirikare yitwa ‘Six Camp” mubice bya Kamituga, kumunsi wanone tariki 08.04.2023, byavuzwe ko yamaze kugera i Bukavu kumurwa mukuru w’Intara ya Kivu yamajyepho.
Muriyiminsi inyeshamba zo mumutwe wa Mai Mai, zakomeje kwerekana ko zishigikiye leta ya Kinshasa nimugihe i Goma haheruka kuza inyeshamba ziva hirya nohino muburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo, harimo nizavuye muri Teritware ya Fizi muri Kivu Yepfo, muzavuye Kivu Yepfo harimo nizaje ziyobowe na Gen Hamuri Yakutumba, ushinjwa gusenyera ab’Anyamulenge nokubica imfu zagashinyaguro.




