Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 11, 2025
in Religion
0
Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

You might also like

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa.

Sergei Torop wiyitaga Yesu w’isiberiya yakatiwe gufungwa imyaka 12 hamwe n’ibyegera bye, kubera ko yashyize mu kaga ubuzima n’imitingo bya bamwe mu bayoboke b’idini rye yise “idini ry’isezerano rya nyuma.

Amakuru avuga ko uyu mugabo wiyise Yesu w’isiberiya, akaba agiye gufungirwa muri imwe mu ma gereza arinzwe cyane mu gihugu cy’u Burusiya, nk’uko Reuters dukesha iyi nkuru yabitangaje.

Uyu mugabo amakuru akomeza kumuvugaho, agaragaza ko yahoze ari umupolisi mu Burusiya. Ni umugabo ufite imyaka 64 y’amavuko.

Yari asanzwe afite idini rye yashyize rinafite icyicaro mu gace ka Krasnoïrsk muri Siberiya. Iri dini yaritangije mu mwaka wa 1991, ubwo hari igihe Leta Zunze ubumwe z’Abasoviyete (URSS) zasenyukaga.

Abayoboke be yabasobanuriraga ko yavutse bundi bushya, ngo kandi byakozwe n’Imana mu rwego rwo kugira ngo arusheho gukwirakwiza ijambo ry’Imana ku Isi.

Iryo dini rye, amahame yaryo yenda gusa na y’idini ry’Aba-Orthodoxe ryo mu Burusiya, ndetse hari n’andi asa na y’iry’Aba-Boudha. Akaba yaramaze kugeza abayoboke basaga 10.000 hirya no hino ku isi.

Abayoboke be ntibemerewe kurya inyama, kunywa itabi, kunywa ibisindisha ndetse no gukoresha amafaranga. Ahanini abayoboke be benshi batuye mu gace kitwa Petropavlovka gaherereye mu Burasizuba bw’umurwa mukuru wa Moscow mu Burusiya. Baba mutuzu duto tw’imbaho, bakirirwa bavuga amasengesho asingiza uwo mukuru w’idini yabo Sergei Torop, kandi basenga berekeza aho atuye ku gasongero k’u musozi.

Imikorere y’uyu mugabo yatumye polisi itangira kumukoraho iperereza, kubera ihohotera ryo mu buryo bw’imitekerereze akorera abayoboke be, akabariganya n’imitingo yabo irimo n’amafaranga, bigatuma ubuzima bwabo bujya mu kaga gakomeye.

Yesu w’isiberiya yatawe muri yombi kubwa mabwiriza ya perezida Vladimir Putin. Kugira ngo aryozwe ibyo akora. Mbere babanje kumukorera iperereza rikomeye rikozwe n’igipoli cy’u Burusiya gifatanyije n’urwego rushyinzwe umutekano ruzwi nka FSB.

Mu kumufata yafanwe n’abagabo batatu bari basanzwe ari ibyegera bye. Bashinjwa kuba barahungabanyije ubuzima bw’abayoboke babo 16, abandi batandu ubuzima bwabo bujya mu kaga gakomeye.

Urukiko rwa Novosibirsk rwakatiye Sergei gufungwa imyaka 12 mu ntangiriro z’iki cyumweru n’umwe muri ibyo byegera bye witwa Vladimir Vedernikov na we ushinjwa uburiganya gufungwa imyaka 12 muri gereza, mu gihe undi umwe muri ibyo byegera bye witwa Vadim Redkin na we rumukatira gufungwa imyaka 11.

Uretse igihano cyo gufungwa, bategetswe no gutanga miliyoni 40 z’Amalubuli ari na yo mafaranga y’Amarusiya, ayo mafaranga akazatangwa nk’impozamarira kuri abo bayoboke bakorewe ibyaha.

Tags: Sergei ToropSiberiyaUrumva gusenyaYesu
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

by Bruce Bahanda
July 6, 2025
0
Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye inama urubyiruko rwishora mu businzi, arubwira ko ahubwo rukwiye gukora rukiteza imbere ngo kuko...

Read moreDetails

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

by Bruce Bahanda
June 29, 2025
0
Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya. Mu Rugezi ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23 bihagenzura, byatashye urusengero rwabo rushya, nk'uko...

Read moreDetails

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa. Charles Munyaburanga uri mu Banyamulenge bakora ivugabutumwa hirya no hino ku isi, yahawe iyerekwa ridasanzwe ubwo yari mu masengesho asengera igihugu cye cya...

Read moreDetails

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, ivuga no kuri Twirwaneho na M23. Ubuhanuzi bukomeye kuri Twirwaneho na M23 bwatanzwe n'Umuhanuzi w'Imana uri mu...

Read moreDetails

Ibyo wamenya ku giterane kidasanzwe, cyanitabiriwe n’abayobozi ba Twirwaneho na M23 mu Minembwe.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Ibyo wamenya ku giterane kidasanzwe, cyanitabiriwe n’abayobozi ba Twirwaneho na M23 mu Minembwe.

Ibyo wamenya ku giterane kidasanzwe, cyanitabiriwe n'abayobozi ba Twirwaneho na M23 mu Minembwe. Abanya-Minembwe barimo n'abayobozi batandukanye bari bitabiriye igiterane cyari kigamije gushima Imana ku bintu bitatu Imana...

Read moreDetails
Next Post
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Bimwe mu biremereye Leta y'i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro by'i Doha.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?