Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Visi perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua yegujwe ari mu bitaro.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 18, 2024
in Uncategorized
0
Visi perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua yegujwe ari mu bitaro.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Visi perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua yegujwe ari mu bitaro.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Amakuru ava mu gihugu cya Kenya, avuga ko Abasenateri bo muri iki gihugu bakuye ku ngoma visi perezida Rigathi Gachagua kuri uyu mwanya nubwo yari yinjiye ibitaro, nk’uko iy’inkuru yatangajwe n’umunyamategeko we.

Amatora yarangiye igihe c’isaha ya saa tanu z’ijoro ku masaha ya Kenya, Abasenateri batoye ku bwiganze bemeza ko Gachagua ahamwa n’ibyaha bitanu mu 11 yaregwaga.

Mu kirego cyo ku mweguza, Gachagua yashinjwe ibyaha birimo guhonyora itegeko nshinga, ruswa, kubiba amacakubiri n’urwango rushingiye ku moko, kuvangira perezida no gusuzugura Guverinoma.

Biteganijwe ko perezida William Ruto atoranya usimbura Gachagua, kandi ko bigomba kuba vuba bishoboka, kugira ngo hataba icyuho mu mwanya w’umwungirije.

Gachagua yitabiriye iburanishwa rya mu gitondo ku wa Kane, yari yitezwe kuza muri Sena na nyuma ya saa sita kugira ngo yiregure, ku birego yashinjwaga ariko we abihakana.

Byaje guhinduka, umunyamategeko wa Gachagua ntiyitabira iburanishwa ryanyuma kuko yari yaherekeje umukiliya we, ariko yari yasabye ko iri buranishwa ryimurirwa undi munsi ngo kuko Gachagua yarwaye kandi ko yamuherekeje kwa muganga.

Ibiro ntara ma kuru by’Abongereza, Reuters, byatangaje ko byahawe amakuru n’umuganga uri kuvura Gachagua abibwira ko uyu mugabo afite ibibazo by’umutima ariko ko ari kwitabwaho kandi ko atangiye koroherwa.

Abasenateri bahisemo gukomeza kumuburanisha adahari, ibyanatumye uruhande rumuburanira rwivumbura rusohoka urusorongo muri iki cyumba.

Icyemezo cy’abasenateri cyagaragaje uburyo bari biyemeje kwigizayo Gachagua, umaze igihe atumvikana na Perezida William Ruto.

Amakimbirane yabo yatangiye kuboneka igihe cy’imyigaragambyo y’urubyiruko mu kwezi kwa Gatandatu uyu mwaka. Rero mu minsi mike ishize, ku bwiganze bw’umutwe w’abadepite watoye kweguza Gacahagua maze uha rugari Sena nayo imaze iminsi ibiri imuburanisha.

Gachagua umugabo uvuka mu gace ko hagati muri kenya akaba azwi nk’umuherwe cyane, yavuze ko iki gikorwa ari urugomo rwa politiki ari gukorerwa.

Mbere y’itora ryo ku mweguza mu nteko ishinga amategeko, Gachagua yavuze ko nibamweguza azajurira icyo cyemezo.

             MCN.
Tags: KenyaRigathi GachaguaVisiYegujwe
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post
Ibyahoraga biba muri RDC byagaragaye no mu Burundi, yatewe amabuye kugeza ashizemo umwuka .

Ibyahoraga biba muri RDC byagaragaye no mu Burundi, yatewe amabuye kugeza ashizemo umwuka .

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?