• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Waruziko ushobora guhitamo igitsina cy’umwana uzabyara? Dore uko wabigenza.

minebwenews by minebwenews
August 24, 2024
in Regional Politics
0
Waruziko ushobora guhitamo igitsina cy’umwana uzabyara? Dore uko wabigenza.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hasanzwe hari uburyo bwitabazwa mu mavuriro akora ibijyanye n’uburumbuke. Ariko nubwo ubu buryo bwizewe, usanga buhenze si ubwa buri wese.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Amakuru meza kuri ibi ni uko hari uburyo busanzwe ushobora gukoresha ukaba wahitamo igitsina cy’umwana wifuza kubyara.

Rero, ubu buryo bwakoreshejwe imyaka myinshi ariko bukaba butavugwaho rumwe na bose, ariko kandi nta byinshi bugusaba niyo mpamvu ugomba kubugerageza kugira ngo urebe amahirwe yawe ku gitsina runaka ushaka.

Guhitamo igitsina cy’umwana uzabyara mu gihe abashakanye bakoze imibonano mpuzabitsina, amahirwe yo kubyara umuhungu cyangwa umukobwa aba angana. Kwifuza igitsina runaka biterwa n’impamvu zitandukanye; umuco runaka, aho usanga umwana w’igitsina runaka ari we benshi bashyira imbere, ku babyaye abana b’igitsina kimwe bakaba bifuza ikindi, ku bashakanye kwirinda indwara zimwe na zimwe zibasira igitsina runaka n’ibindi.

Impamvu iyariyo yose wakwifuza igitsina runaka, tubibutsa ko umugore atari we utanga igitsina. Ahubwo kubyara igitsina runaka biterwa n’umugabo, kuko umugore we yakira gusa.

Ubusanzwe umugore agira chromosomes ya XX naho umugabo akagira XY. Iyo x y’umugore ihuye na x y’umugabo babyara umukobwa mu gihe x y’umugore yahuye na y y’umugabo bakibaruka umuhungu.

Dore uburyo busanzwe ushobora guhitamo igitsina cy’umwana uzabyara

  1. Igihe mukoze imibonano mpuzabitsina

Intangangabo zivamo umukobwa (ubwo ni iza x), zirakomera cyane kandi zishobora kubaho igihe kirekire, mu gihe mukoze imibonano mpuzabitsina iminsi mike mbere y’uburumbuke(ovulation), noneho mukifata ntimwongere gukora imibonano vuba, amahirwe yo kubyara umukobwa ariyongera, kuko akenshi intanga zizavamo umuhungu ziba zapfuye.

Intangangabo zivamo umuhungu (ubwo ni iza Y), ziroroshye cyane gusa zirihuta cyane zikaba zagera ku ntangangore vuba. Gukora imibonano ku munsi w’uburumbuke bizakongerera amahirwe yo kwibaruka umuhungu.

Ibi ni byavumbuwe na Dr Shettles Landrum wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu 1960. Ubu bushakatsi bwe buza bwuzuzanya n’ubwari busanzweho, bwo kureba ururenda rwo mu gitsina cy’umugore; iyo rweruruka kandi rworoshye byongera amahirwe yo kubyara umuhungu, mu gihe rukomeye cyane kandi rufashe byongera amahirwe yo kubyara umukobwa.

  1. Kwifata k’umugore iminsi mike mbere yo gukora imibonano

Kumara byibuze iminsi mike udakora imibonano mpuzabitsina byongera amahirwe yo kubyara umuhungu. Uko intangangabo ziyongera bitewe no kudakora imibonano, niko intanga zitanga umuhungu arizo ziba nyinshi, bityo amahirwe yo kubyara umuhungu akaba ari hejuru kurusha umukobwa.

  1. Ibyo kurya

Ahanini usanga ufata ibyo kurya bigira uruhare runini ku mikorere y’umubiri ndetse n’uburyo insoro zikora.

Niba wifuza kubyara umuhungu, ukeneye kurya amafunguro akungaye kuri potasiyumu(iboneka mu nyama, imikeke n’ibindi).

Niba wifuza kubyara umukobwa, ukeneye kurya ibikungahaye kuri manyesiyumu(iboneka mu tuboto duto, soya n’imboga rwatsi).

  1. Uburyo mukora imibonano mpuzabitsina (position)

Pozisiyo zimwe na zimwe (nk’umugabo guturuka inyuma cyangwa umugore hejuru) zituma igitsina cy’umugabo cyinjira cyane, bikongera amahirwe yo kubyara umuhungu kurusha umukobwa.

Mu gitsina cy’umugore habarizwamo aside itorohera intanga zitanga umuhungu, gusa uko ugenda winjira imbere(ugana muri nyababyeyi) niko aside igabanuka. Iyo mu gihe mukora imibonano, igitsina cy’umugabo kibasha kugera kure, biha amahirwe intanga zivamo umuhungu kunyura ahantu hatari aside nyinshi kandi zikagenda urugendo ruto, bityo amahirwe yo kubyara umuhungu akiyongera.

Mu gihe igitsina cy’umugabo kitagera kure, biha amahirwe yo kubyara umukobwa.

Intanga zivamo umukobwa zishoboye kunyura nta nkomyi ahantu hari aside nyinshi, zikaba zagera ku ntangangore vuba, mu gihe izitanga umuhungu zapfuye.

Ubu ni bumwe mu buryo busanzwe bwitabazwa mu gihe ushaka igitsina runaka, ushaka kumenya ibindi birambuye hari ibitabo bibivugaho wasoma ugasanga biragufashije.

          MCN.

Waruziko ushobora guhitamo igitsina cy’umwana uzabyara? Dore uko wabigenza.

Hasanzwe hari uburyo bwitabazwa mu mavuriro akora ibijyanye n’uburumbuke. Ariko nubwo ubu buryo bwizewe, usanga buhenze si ubwa buri wese.

Amakuru meza kuri ibi ni uko hari uburyo busanzwe ushobora gukoresha ukaba wahitamo igitsina cy’umwana wifuza kubyara.

Rero, ubu buryo bwakoreshejwe imyaka myinshi ariko bukaba butavugwaho rumwe na bose, ariko kandi nta byinshi bugusaba niyo mpamvu ugomba kubugerageza kugira ngo urebe amahirwe yawe ku gitsina runaka ushaka.

Guhitamo igitsina cy’umwana uzabyara mu gihe abashakanye bakoze imibonano mpuzabitsina, amahirwe yo kubyara umuhungu cyangwa umukobwa aba angana. Kwifuza igitsina runaka biterwa n’impamvu zitandukanye; umuco runaka, aho usanga umwana w’igitsina runaka ari we benshi bashyira imbere, ku babyaye abana b’igitsina kimwe bakaba bifuza ikindi, ku bashakanye kwirinda indwara zimwe na zimwe zibasira igitsina runaka n’ibindi.

Impamvu iyariyo yose wakwifuza igitsina runaka, tubibutsa ko umugore atari we utanga igitsina. Ahubwo kubyara igitsina runaka biterwa n’umugabo, kuko umugore we yakira gusa.

Ubusanzwe umugore agira chromosomes ya XX naho umugabo akagira XY. Iyo x y’umugore ihuye na x y’umugabo babyara umukobwa mu gihe x y’umugore yahuye na y y’umugabo bakibaruka umuhungu.

Dore uburyo busanzwe ushobora guhitamo igitsina cy’umwana uzabyara

  1. Igihe mukoze imibonano mpuzabitsina

Intangangabo zivamo umukobwa (ubwo ni iza x), zirakomera cyane kandi zishobora kubaho igihe kirekire, mu gihe mukoze imibonano mpuzabitsina iminsi mike mbere y’uburumbuke(ovulation), noneho mukifata ntimwongere gukora imibonano vuba, amahirwe yo kubyara umukobwa ariyongera, kuko akenshi intanga zizavamo umuhungu ziba zapfuye.

Intangangabo zivamo umuhungu (ubwo ni iza Y), ziroroshye cyane gusa zirihuta cyane zikaba zagera ku ntangangore vuba. Gukora imibonano ku munsi w’uburumbuke bizakongerera amahirwe yo kwibaruka umuhungu.

Ibi ni byavumbuwe na Dr Shettles Landrum wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu 1960. Ubu bushakatsi bwe buza bwuzuzanya n’ubwari busanzweho, bwo kureba ururenda rwo mu gitsina cy’umugore; iyo rweruruka kandi rworoshye byongera amahirwe yo kubyara umuhungu, mu gihe rukomeye cyane kandi rufashe byongera amahirwe yo kubyara umukobwa.

  1. Kwifata k’umugore iminsi mike mbere yo gukora imibonano

Kumara byibuze iminsi mike udakora imibonano mpuzabitsina byongera amahirwe yo kubyara umuhungu. Uko intangangabo ziyongera bitewe no kudakora imibonano, niko intanga zitanga umuhungu arizo ziba nyinshi, bityo amahirwe yo kubyara umuhungu akaba ari hejuru kurusha umukobwa.

  1. Ibyo kurya

Ahanini usanga ufata ibyo kurya bigira uruhare runini ku mikorere y’umubiri ndetse n’uburyo insoro zikora.

Niba wifuza kubyara umuhungu, ukeneye kurya amafunguro akungaye kuri potasiyumu(iboneka mu nyama, imikeke n’ibindi).

Niba wifuza kubyara umukobwa, ukeneye kurya ibikungahaye kuri manyesiyumu(iboneka mu tuboto duto, soya n’imboga rwatsi).

  1. Uburyo mukora imibonano mpuzabitsina (position)

Pozisiyo zimwe na zimwe (nk’umugabo guturuka inyuma cyangwa umugore hejuru) zituma igitsina cy’umugabo cyinjira cyane, bikongera amahirwe yo kubyara umuhungu kurusha umukobwa.

Mu gitsina cy’umugore habarizwamo aside itorohera intanga zitanga umuhungu, gusa uko ugenda winjira imbere(ugana muri nyababyeyi) niko aside igabanuka. Iyo mu gihe mukora imibonano, igitsina cy’umugabo kibasha kugera kure, biha amahirwe intanga zivamo umuhungu kunyura ahantu hatari aside nyinshi kandi zikagenda urugendo ruto, bityo amahirwe yo kubyara umuhungu akiyongera.

Mu gihe igitsina cy’umugabo kitagera kure, biha amahirwe yo kubyara umukobwa.

Intanga zivamo umukobwa zishoboye kunyura nta nkomyi ahantu hari aside nyinshi, zikaba zagera ku ntangangore vuba, mu gihe izitanga umuhungu zapfuye.

Ubu ni bumwe mu buryo busanzwe bwitabazwa mu gihe ushaka igitsina runaka, ushaka kumenya ibindi birambuye hari ibitabo bibivugaho wasoma ugasanga biragufashije.

          MCN.
Tags: UmuhunguUmukobwa
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
U Burundi bwa maganye umuryango mpuzamahanga uheruka gushyira perezida Ndayishimiye ku karubanda.

U Burundi bwa maganye umuryango mpuzamahanga uheruka gushyira perezida Ndayishimiye ku karubanda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?