Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira
Abarwanyi bibumbiye mu cyiswe Wazalendo bakorana byahafi n’u Butegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo mu rugamba rwo kurwanya umutwe wa AFC/M23/MRDP-Twirwaneho mu Burasirazuba bw’iki gihugu, batangaje ko ku munsi w’ejo ku wa gatanu bazakomeza imyigaragambyo igamije kwirukana Brigadier General Olivier Gasita, muri Uvira.
Bikubiye mu itangazo aba barwanyi bo muri Wazalendo bashyize hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 04/09/2025.
Iryo tangazo ritangira rigira riti: “Tumenyesheje abaturage batuye i Uvira ko ejo ku wa gatanu tuzakomeza imyigaragambyo twatangiye muri iy’i minsi yo kwirukane uyu Munyarwanda wa M23 Gasita, i Uvira.”
Rirakomeza riti: “Nta moto, bajaje, imodoka, ipikipiki habe n’inka ntabyemerewe kuja mu muhanda. Amaduka yose, utubari n’amasoko ntacyemerewe gufungura kugeza dusoje igikorwa.”
Mu gihe icyo gikorwa cyo ramuka gikozwe nk’uko iri tangazo ribivuga, bizaba bibaye ku munsi ugira gatanu bamagana uyu musirikare ufite ipeti rya Brigadier General.
Gutumwa kwa Gen. Gasita i Uvira, ni icyemezo cyafashwe na perezida Felix Tshisekedi w’iki gihugu; igitangaje Wazalendo bavuga ko badashobora kuyoborwa na we, ngo kuko ari Umunyarwanda n’ubwo atari we.
Brig-Gen.Gasita ni Umunyamulenge, ariko kubera ko bavuga ururimi rufitanye isanao rya hafi n’ikinyarwanda, abandi Banye-Congo barabibaziza, ndetse bigatuma babita abashyitsi mu gihugu cyabo, ari na yo ntandaro y’iyi ntambara imaze imyaka myinshi muri iki gihugu.
Ku rundi ruhande, Gasita na we yakaniye, avuga ko adashobora kwemera kuva i Uvira kubera Wazalendo batamushaka.
Ubwo rero, amaherezo ni ayahe?