
Président wa Kenya William Samue Ruto yitezwe i Kigali Uyumunsi aho baza kuganira na Mugenziwe Paul Kagame kukibazo c’umutekano muke uri muburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo ( RDC ).
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 04.04.2023, saa 8:34 Am kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, ahayacicibikana kumbuga nkoranya mbaga( Social Media), za Kenya nuko Président w’icogihugu William Ruto, aza kuja i Kigali mugihugu ca Republika y’Urwanda, akaba arinarwo rubaye urugendo rwambere agiriye i Kigali kuva yimikwa kuba Président. Tubibutsa ko Président Kagame ariwe wabaye uwambere witabiriye umuhango wokurahiza William Ruto i Nairobi.
Mururu ruzinduko byavuzwe ko ari no gukomeza kunoza umubano urihagati y’ibihugu byombi doreko bahorana umubano utabamo agatotsi kuva mbere kose, mururu ruzinduko kandi byatangajwe ko baza nokuganira kukibazo c’umutekano muke uri muburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo (RDC).
Kumutekano muke uri muri Congo kinshasa hashize igihe kirenga umwaka hari imirwano hagati y’Ingabo za Leta y’iki gihugu ndetse n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 Kinshasa ivuga ko ziterwa inkunga n’u Rwanda, gusa leta ya Kigali igize igihe ihakana ibyo birego.
Mu rwego rwo gukemura aya makimbirane, igihugu ca Kenya gikomeje gukora ibishoboka byose kugira ariya makimbirane arangire hisunzwe inzira ya Politiki; n’ubwo ubushake bwa Leta ya Congo bugarara ko ari buke cyane.
Umuvugizi wa Leta y’iki gihugu, Patrick Muyaya, yaraye abwiye itangazamakuru ko Leta ya Congo itazigera ijya mu mishyikirano na M23.
Ni mu gihe bigizwemo uruhare na Uhuru Kenyatta wahoze ayobora Kenya mbere yo kugirwa na Président Ruto umuhuza mu bibazo bya Congo, M23 imaze igihe iva mu bice bitandukanye yari yarigaruriye nk’uburyo bwo gukemura ikibazo cy’umwuka mubi ifitanye n’ubutegetsi bw’i Kinshasa.
Kuva mu mpera z’umwaka ushize M23 imaze kuva mu duce twa Kibumba, Rumangabo, Mushaki, Kilolirwe na Kitshanga, nk’uko byemejwe n’inzego zitandukanye zishinzwe ubugenzuzi mu karere.
Muri Teritwari ya Rutshuru M23 kandi yavuye mu mujyi wa Bunagana, ndetse uyu mutwe uranateganya kurekura agace ka Kiwanja bitarenze tariki ya 15.04.2023.
Utu duce twose nyuma y’uko abarwanyi b’uriya mutwe batuvuyemo duhita dufatwa n’Ingabo z’ibihugu bya Kenya, u Burundi, Uganda na Sudani doreko ingabo za Sudan Yepfo zamaze kugera kurubu butaka nyuma gato yiza Uganda.




