
Ubuyobozi bw’umutwe wa ARC/M23, bwatangaje ko bukomeje guhagarara neza mu mirwano bongeye kugabwaho n’ingabo z’irwanirira Guverinoma ya Kinshasa. N’imubitero ziriya Nyeshamba zirimo, FDLR, Wazalendo na Nyatura bagabye ahari abaturage benshi baheruka ga guhungira munkengero za Bwiza homuri Groupement ya Tongo, muri teritwari ya Rutsuru.

M23 ikaba yatangaje ko yakoze ibishoboka byose maze irwanirira aba baturage, nkuko ay’amakuru tuyakesha Umuvugizi wa M23 bwana Lawrence Kanyuka, aho yakoresheje urubuga rwahoze rwitwa Twitter.
Kanyuka, yagize ati: “Ingabo z’iharanira impindura matwara ya Congo, ARC/M23 zirmo kwitwara neza k’urugamba. Bakomeje kurinda ubusugire bw’ubutaka barimo nokurinda abaturage bimuwe n’intambara.”
Ibi kandi byashimangiwe na bwana Bertrand Bisimwa, umukuru w’uyu mutwe wa M23, aho yagize ati: “Kuva saa 1:12 Am, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 21/10/2023, ingabo za Kinshasa FDLR / FARDC / Abacanshuro / Wazalendo, bagabye igitero, bakoresheje n’imbunda nini bakigaba mu Nkambi ya Bwiza irimo abimuwe. Intego yabo ni ugutsemba abarokotse Masisi.”
Y’unzemo kandi ati: “Dukomeje guhagarara neza ngo turwanirire abaturage.”
Bivugwa ko hari n’abana baba bimuwe n’intambara z’urudaca, bakomerekeye mugitero bagabweho na Wazalendo, FARDC, FDLR na Wagner.

Mu makuru Minembwe Capital News, ifite yizewe n’uko Ingabo zirwana k’uruhande rwa Kinshasa, bakomeje guhunga bagana mubice bya Kitchanga, aho byemezwa ko iyi mirwano ko yamaze kugera mugace ka Kavenu gaherereye muri Kitchanga. Utundi duce turimo imirwano ni Rushavuti, Shonyi na Kipfulo, muri Groupement ya Bukombo homuri teritwari ya Rutsuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ibi bitero abasirikare ba leta ya Kinshasa, babikoze mugihe harihamaze igihe hacicibikana amakuru avuga ko FARDC yamaze kwitegura intambara bundi bushya ngo irwanye M23.
By Bruce Bahanda.