
Ingabo z’u Burundi bivugwa ko ari benshi bavanwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, kuri ubu barihafi kugera i Bukavu aho byanavuzwe ko banyuze inzira y’Amazi.
Nk’uko byavuzwe ririya tsinda ry’Abasirikare bo mungabo z’u Burundi, baje bava i Sake muri teritware ya Masisi abandi baje bava ku kibuga c’indege cya Goma.
Bikavugwa ko bariya basirikare bakabakaba abasirikare magana atandatu (600). Gusa ikitaramenyekana n’uko boba berekeje mu gihugu cyabo cy’u Burundi cangwa mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, nimugihe hari Ngabo z’u Burundi zo muri TAFOC zari zaravanwe mu misozi yo mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo baja kurwanya M23.
K’umunsi w’ejo hashize hari hamenyekanye ko ku kibuga cy’indege cya Goma, hageze abasirikare b’u Burundi magana abiri (200), bahunze intambara mu bicye bya Masisi bariya basirikare bakigera ku ki buga bahise basabisha gutahukanwa iwabo i Bujumbura ngo kuko badashaka kongera kurwana n’umutwe w’inyeshamba wa M23.
Gusa ahagana isaha z’umugoroba wajoro, zejo hashize tariki 08/12/2023, muri aba basirikare bari ku kibuga cy’indege cya Goma, mi 50 muribo bashubijwe i Sake abandi 150 bagumishwa ku kibuga cy’indege.
Umuturage uherereye i Goma, yabwiye Minembwe Capital News ko abasirikare b’u Burundi bari mubihe bibi ngo nimugihe bazanwe kurwana mu gihugu batazi kandi bahura n’Inyeshamba zirenze imbaraga zabo.
Yagize ati: “Abasirikare b’u Burundi rwose bari mubihe bitaboroheye ku rwana mu gihugu kitari icyabo kandi baka rwana n’Inyeshamba zirenze imbaraga zabo.”
Bruce Bahanda.