• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, April 18, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 10, 2025
in Regional Politics
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

You might also like

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Repubulika ya Congo rwafashe indi ntera mu kubaka ubufatanye bw’Afurika

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi i Brussel mu Bubiligi ko ari urwiyerurutso, ngo kuko atari rimwe cyangwa kabiri yagiye avuga ko azatera u Rwanda n’indi myitwarire ikomeje kumuranga ihabanye n’ibyo yatangaje.

Aha’rejo ku wa kane tariki ya 09/10/2025, ni bwo Tshisekedi yatangaje ko we aharanira amahoro, anasaba perezida w’u Rwanda uwo yashinje gutera inkunga umutwe wa M23 gusaba uwo mutwe ugahagarika intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ibi yabivugiraga munama yahuriyemo n’abandi bayobozi batandukanye bayoboye ibihugu barimo na perezida Paul Kagame w’u Rwanda ya Global Gateway Forum ikomeje kubera i Brussel mu Bubiligi. Yanayivugiyemo ko we na Kagame bahuje imbaraga bafite ububasha bwo guhagarika iriya ntambara.

Yavuze kandi ko nta na rimwe yigeze agambirira kugirira nabi u Rwanda cyangwa Uganda, ndetse ko yamye ahora yifuza amahoro.

Tshisekedi kandi yumvikanye asaba ko yazahura na perezida Paul Kagame bakagirana ibiganiro, muri ibyo biganiro bagafatikanya gushakira umutekano u Burasirazuba bwa RDC.

Maze nyuma y’iri jambo, umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyombayire yamusubije akoresheje urubuga rwa x rwahoze rwitwa Twitter, avuga ko ibyo perezida Felix Tshisekedi yatangaje, bihabanye n’imyitwarire yakunze kumuranga.

Yavuze ko Tshisekedi “ashyize ikimwaro, ngo kuko yavuze ko akunda amahoro, yibagirwa inshuro nyinshi yagiye avuga ko azatera u Rwanda agakuraho ubutegetsi bwarwo.”

Yavuze kandi ko bitangaje kubona Tshisekedi yigira umuntu wagizweho ingaruka n’ibibazo biri mu gihugu cye, nyamara ari we nyiribayazana wabyo, akaba yaranze no kubishakira igisubizo.”

Yakomeje avuga ko nta rimwe Tshisekedi yigeze ashaka amahoro, ngo nk’uko abivuga, kubera ko ngo akomeje guha intwaro akanatera inkunga umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse kandi akaninjiza abarwanyi bawo mu gisirikare cy’igihugu cye.

Ndetse kandi anagaragaza ko atera inkunga n’indi mitwe yitwaje intwaro izwiho kuba yibasira abaturage ikanabica muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, nk’ihuriro rya Wazalendo rigizwe n’abarwanyi bagiye bava muri Mai Mai n’indi iyishamikiyeho.

Yamushinje kandi kuba yambura uburenganzira abagize umutwe wa M23 nk’Abanyekongo, akibuza inshingano zo gukemura ibibazo byatumye uwo mutwe uvuka.

Yavuze kandi ko akomeje guha akazi abacanshuro ko kumurwanirira, ngo nubwo bakomeje gutsindwa.

Yasoje avuga ko u Rwanda rudakeneye uwaruha amasomo y’igisobanuro cy’amahoro kuko rwayagezeho ruyarwaniriye bityo ko ruzi ikiguzi cyayo n’icyo bisaba kuyageraho no kuyasigasira.

Tags: RwandaTshisekedi
Share37Tweet23Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

by Bahanda Bruce
April 16, 2026
0
Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere Mu gihe ibiganiro n’impaka ku mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari bikomeje gufata intera nshya, Minisitiri...

Read moreDetails

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

by Bahanda Bruce
April 15, 2026
0
Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi Impinduka nshya mu mitekerereze y’ibihugu bya Afurika iri gufata indi ntera, aho Repubulika ya Togo yashyize imbere ikibazo kimaze imyaka myinshi...

Read moreDetails

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Repubulika ya Congo rwafashe indi ntera mu kubaka ubufatanye bw’Afurika

by Bahanda Bruce
April 15, 2026
0
Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Repubulika ya Congo rwafashe indi ntera mu kubaka ubufatanye bw’Afurika

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Repubulika ya Congo rwafashe indi ntera mu kubaka ubufatanye bw’Afurika Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yageze i Brazzaville ku gicamunsi cyo kuri uyu...

Read moreDetails

Bujumbura: Inkongi n’Iturika Byateje Igihombo Kirenga Miliyari 200

by Bahanda Bruce
April 14, 2026
0
Bujumbura: Inkongi n’Iturika Byateje Igihombo Kirenga Miliyari 200

Bujumbura: Inkongi n’Iturika Byateje Igihombo Kirenga Miliyari 200 Mu ijoro ryo ku wa 31 Werurwe 2026, inkongi y’umuriro n’iturika rikomeye byibasiye ikigo cya gisirikare cya Camp Base, giherereye...

Read moreDetails

Ibaruwa Ifunguye Isubiza Minisitiri Muyaya: Ukuri ku Mateka, Jenoside n’Intandaro y’Umutekano Muke mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
April 13, 2026
0
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Imvugo z’Abayobozi Zirakomeretsa kurusha Intwaro.

Ibaruwa Ifunguye Isubiza Minisitiri Muyaya: Ukuri ku Mateka, Jenoside n’Intandaro y’Umutekano Muke mu Burasirazuba bwa RDC Iyi baruwa ifunguye yandikiwe Minisitiri ushinzwe itangazamakuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails
Next Post
Quartier zirenga zitatu ni zo zaraye zirasirwamo amasasu muri Uvira hamenyekana n’impamvu yayo

Kuri uyu wa gatanu haravugwa imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 n'Ingabo za RDC

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?