
Havuzwe amasaha 72 yagahenge ni kumpande zihanganye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Ibi n’i bya tangajwe na leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho ubutegetsi bw’iki gihugu muri Minisiteri y’ubanye n’amahanga bavuze ko k’uruhande rwa leta ya Kinshasa na M23 bemeye guhagarika imirwano mu gihe cya masaha 72 kugira ngo umwuka mubi w’intambara ushakirwe umuti muri RDC.
Ibi bibaye mugihe Ingabo za Gen Sultan Makenga, zari zegereje gufata u Mujyi wa Sake uherereyehe muri teritware ya Masisi, mu bilometre 27 n’u Mujyi wa Goma, n’inyuma y’uko mu Cyumweru gishize muntangiriro zacyo bari bafashe i santire y’ingenzi muri teritware ya Masisi ya Mushaki ahabarizwaga ibirindiro by’ingabo z’u Burundi z’ibarizwa muri EAC nazo zishinjwa gufatikanya n’ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Kinshasa, FDLR, FARDC, Abacanshuro na Wazalendo.
Kuri ubu uriya mutwe wa M23 wari umaze kwigarurira uduce two mu nkengero za Sake.
Bibaye mu gihe kandi havuzwe ko abasirikare ba FARDC bakoreraga Beni na Butembo, ba gwiriyemo abavuga ururimi rw’Ikinyarwanda ko boherejwe i Goma, Masisi kw’Izone no mubice bya Rutsuru, mu rwego rwo gukomeza ubukana bw’Intambara mu Burasirazuba bw’iki gihugu.
Bruce Bahanda.