
Abarimo Imbonerakure z’u Burundi, bongeye gufatwa mpiri n’Abaturage b’Irwanaho mu Misozi miremire y’Imulenge.
Mu mirwano yabaye k’umunsi w’ejo hashize, tariki 12/12/2023, ibereye mu duce two mu nkengero za Komine Minembwe, muri teritware ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, hafashwe matekwa zitatu( 3), zo mu barwanyi ba Maï Maï, Imbonerakure z’u Burundi na FDLR.
Ibi tubihamirizwa n’u mwe mu baturage B’irwanaho, yagize ati: “Ibitero byari bya gabwe neza ku Kivumu na Lumba aha ni muri Grupema ya Basimunyaka y’Amajy’epfo.”
Yakomeje avuga ati: “Adui twa muvanyeho ibikoresho birimo amasasu n’Imbunda zo mu bwoko bwa AK-47. Kandi twafashe matekwa zitatu zirimo umurundi uvuka i Bujumbura.”
Biriya bitero byanasize Twirwaneho isubije inyuma ririya huriro ry’imitwe y’itwaje imbunda, aho twa bwiwe ko abari bateye ku Kivumu bari rukanwe bagezwa ahitwa Buyaga ho mu Lulenge naho abari bateye kw’i Lumba bwije bageze Kijombo.
Maï Maï, Imbonerakure z’u Burundi na FDLR, ku wa Gatanu, tariki 08/12/2023, n’ibwo bari bateye kandi ibitero byari bikaze ba bigaba n’ubundi muri ibi bice byo mu marango mu m’Ajyepfo ya Komine Minembwe. N’ibitero bivugwa ko byasize iriya mitwe y’Inyeshamba ipfushije abarwanyi ba bo bakabakaba 80, harimo n’abandi bafashwe mpiri barimo kandi Imbonerakure ivuka mu Ntara ya Cibitoki, Komine Rugombo.
Ziriya za matekwa akaba arizo zagiye zihamya ko bava mu Mbonerakure z’u Burundi ko baje gufasha Maï Maï na FDLR kurwanya Abanyamulenge, nk’uko bamwe mu baturage baturiye ibyo bice ba bwiye Minembwe Capital News.
Bruce Bahanda.