Ingabo za Ukraine zazengurutswe n’Abasirikare b’u Burusiya , mu Mujyi wa Avdiivka, ubarizwa mu gice cya Donestsk, mu Burasirazuba bw’igihugu cya Ukraine.
Avdiivka, isanzwe mu mijyi iherereye mu gice cya Donetsk, kigenzurwa n’Ingabo z’u Burusiya, arinayo mpamvu nyamukuru abasirikare ba Ukraine bazengurutswe, aho bivugwa ko muri ibi bice habaye imirwano ikaze mu minsi ishize kandi ko n’ubu imirwano igikomeje ndetse ko impande zombi zahatakarije abasirikare benshi cyane cyane ab’u Burusiya nk’uko byatangajwe na CNN.
Umwe mu ngabo za Ukraine yabwiye itangaza makuru ko abasirikare b’u Burusiya, bari kugaba ibitero mu birindiro byabo mu buryo busa n’ubwiyahuzi, bakabica abandi nabo bakaza bakabica kuburyo imirambo yabo imaze kuzura hafi aho.
Umwe mubayobozi bishami ry’ingabo za Ukraine rishinzwe kurwanisha drone, yavuze ko n’ubwo bakwica Abarusiya 70 umunsi umwe u Burusiya bwongera bukabasimbuza abandi bakongera bakagaba ibitero nk’aho ntacyabaye.
Yakomeje avugako mu mezi 18 imirwano imaze muri uy’u Mujyi, drone zabo zimaze kwica Abarusiya barenga 150, ariko ko amagana y’abandi bashya agaba ibitero umunsi k’umunsi.
Gusa Ukraine nti tangaza umubare nyawo w’ingabo zabo zimaze kugwa aho ariko nabo bashobora kuba aribenshi kuko bagabwaho ibitero byaburi kanya, nk’uko iy’inkuru ikomeza ivuga.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, aheruka gusura Ingabo ze, ziri muri Avdiivka maze agiye gutangaza avugako ibiri kubera muri uwo Mujyi atari intambara ko ahubwo ari ubwicanyi, agaragaza ko u Burusiya buri gutakaza abasirikare benshi cyane kurusha ahandi habera imirwano nko muri Bakhmut.
Mumpera z’umwaka ushize w’2023, minisitiri w’ingabo w’u Bwongereza, yagaragaje ko u Burusiya bwiteguye gutakaza ingabo uko byaba kose ariko bakigarurira ibi bice biherereye mo inganda ninshi z’igihugu cya Ukraine.
Binavugwa ko n’ubwo ibyo bice bikomeje kuvugwamo imirwano ikaze ariko kandi bari mubihe by’u bukonje nabyo bitaboroheye.
Bruce Bahanda.