Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuvugizi wa leta ya RDC, yahaye igisubizo Abanyekongo bakomeje kwishuza Tshisekedi gushora intambara k’u Rwanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 7, 2024
in Regional Politics
0
Umuvugizi wa leta ya RDC, yahaye igisubizo Abanyekongo bakomeje kwishuza Tshisekedi gushora intambara k’u Rwanda.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuvugizi wa Guverinema ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yatangaje ko kuri ubu bitashobokera perezida Félix Tshisekedi gutera i Gihugu cy’u Rwanda ngo kuko agihugiye mu gushiraho ubuyobozi bushya bw’igihugu.

You might also like

Menya impamvu umujyi wa Nairobi ugiye kuba umwe mijyi ikomeye ku isi.

Mutualite y’Abanyamulenge i Burundi yavuze iby’uko ibayeho muri iki gihugu.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Ahagana mu kwezi kwa Cumi n’abiri, umwaka ushize w’2023, umukuru w’igihugu cya RDC Félix Tshisekedi, y’ijeje abaturage b’igihugu cye ko mugihe M23 ya kongera kwigarurira akandi gace ko muri teritware ya Masisi na Rutsuru ko muricyo gihe yahita asaba Inteko Nshinga mategeko uburenganzira agashoza intambara k’u Rwanda ashinja gufasha M23.

Ibi Perezida Félix Tshisekedi yabivuze ubwo yari kuri Stade ya Martyrs iherereye i Kinshasa k’umurwa mukuru w’i Gihugu cya RDC, ubwo yarimo yiyamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Tshisekedi yagize ati: “Ni muramuka mwongeye ku ngirira icyizere mu kantora kuba perezida, hanyuma u Rwanda rugakomeza ibyifuzo byarwo mu Burasirazuba bw’igihugu cyacu, nzahuriza hamwe imitwe yombi mu nteko ishinga mategeko yacu kugira ngo nemererwe ku batangazaho intambara, kandi tuzajya i Kigali.”

Yakomeje avuga ko igisirikare cya leta ye, gifite ubushobozi bwo kurasa i Kigali biyicariye i Goma, Tshisekedi avuga ko mugihe byabaye “perezida w’u Rwanda Paul Kagame azarara kure n’urugo rwe, aje iyo mu ishyamba.”

Ibi yabivuze mugihe yarakomoje ko mugihe M23 yarasa isasu rimwe i Goma ngo cyangwa bakibesha bakaba borasa i Goma.

Avuga kandi ko perezida Paul Kagame ko yagiye ‘akina imikino n’abahoze ari abayobozi ba Congo Kinshasa,’ ashimangira ko yiteguye gusubiza ku ‘bushotoranyi ubwo aribwo bwose.’

Ati: “Paul Kagame ashobora gukina na buri wese, ariko apana Fatshi Beton.”

Kuri ubu Abanyekongo yasezeranije ko azatera u Rwanda bari k’u mwotsaho igitutu, bamusaba gukora ibyo yabasezeranije ubwo yarimo yiyamaza, nyuma y’uko u Mujyi wa Goma uzengerutswe na M23, aho binavugwa ko kuva mu mpera z’i Cyumweru dusoje, kugeza ubu muri Goma hamaze guterwa ibisasu birenze kimwe.

N’ibyo minisitiri w’itumanaho akaba n’u muvugizi wa Guverinema ya Kinshasa yasubije uyu munsi aho yagize ati: “Navuga ko perezida Félix Tshisekedi ko dusa n’abari m’urugamba, ariko nkurikije ibihe kuri ubu turimo intambara ntabwo ishobora gutangazwa, kubera ko murabizi ko turi mu cyiciro cyo gushiraho ubuyobozi bushya.”

“N’ubwo perezida Félix Tshisekedi abishaka, bijyanye n’ibi bihe bishingiye ku itegeko nshinga ntabwo bya dukundira kubikora gushoza intambara k’u Rwanda. Ibyo sibyo bintu byingenzi kuruta ibindi bikenewe muri iki gihe . Icyingenzi ni ukumenya igikwiye gukorwa ngo umutekano ugaruke mu Burasirazuba bwa RDC.”

Patrick Muyaya yavuze kandi ko mu ntambara ingabo z’igihugu cya RDC zihanganye mo n’umutwe wa M23 ko ari mirwano ikomeye ko kandi abarwanyi ba M23 bari kwicwa cyane.

Yavuze kandi ko leta ya Kinshasa igiye gukora ibishoboka byose ibice byose bigenzurwa na M23 ba bi bambure hanyuma iby’intambara n’u Rwanda bikazaza hanyuma.

Ati: “Muri iy’i ntambara ibitekerezo byose biri kumeza. Igihe nikigera hakagira ibisabwa biteganywa n’itegeko nshinga, kuki bitakorwa ? Niba gushoza intambara k’u Rwanda aribyo bikenewe kugira ngo umutekano wacyu urindwe kuki bitakirwa?”

Muyaya yatangaje ibi mugihe ingabo z’igihugu cye, ziri kwiruka zihunga M23 mu nkengero za Centre ya Sake, aho M23 imaze gufata ibirindiro bikomeye by’ingabo za RDC bya Nturo ya mbere n’iyakabiri n’ahitwa Chez Madimba hejuru ya Sake, aha nimuri Grupema ya Kamuronza, iyo na centre ya Sake ibarizwa mo.

Bruce Bahanda.

Tags: Umuvugizi wa leta ya RDCYahaye igisubizo Abanyekongo bakomeje kwishuza Tshisekedi gushora intambara k'u Rwanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Menya impamvu umujyi wa Nairobi ugiye kuba umwe mijyi ikomeye ku isi.

by Bruce Bahanda
July 29, 2025
0
Menya impamvu umujyi wa Nairobi ugiye kuba umwe mijyi ikomeye ku isi.

Menya impamvu umujyi wa Nairobi ugiye kuba umwe mijyi ikomeye ku isi. Umurwa mukuru w'igihugu cya Kenya ari wo Nairobi, ugiye kuba umujyi wa kane ukoreramo ibiro byinshi...

Read moreDetails

Mutualite y’Abanyamulenge i Burundi yavuze iby’uko ibayeho muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 28, 2025
0
Mutualite y’Abanyamulenge i Burundi yavuze iby’uko ibayeho muri iki gihugu.

Mutualite y'Abanyamulenge i Burundi yavuze iby'uko ibayeho muri iki gihugu. Mutualite Shikama i Burundi y'Abanyamulenge yatangaje ko ibayeho neza mu gihugu cy'u Burundi, ndetse ishimangira ko nta kibazo...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails
Next Post
Centre ya Sake, abaturage bose bayihunzemo maze   M23 izenguruka ihuriro ry’Ingabo ziyirimo.

Centre ya Sake, abaturage bose bayihunzemo maze M23 izenguruka ihuriro ry'Ingabo ziyirimo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?